Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Arusha Hagiye Kubera Inama Ikomeye Y’Abakuru Ba EAC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Arusha Hagiye Kubera Inama Ikomeye Y’Abakuru Ba EAC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 November 2024 8:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatandatu Tariki 30, Ugushyingo, 2024 i Arusha muri Tanzania hazateranira Inama y’Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazub, EAC, izizihirizwamo imyaka 25 umaze wivuruye ukongera kwegerana ugakora.

Ni inama ariko izaba irimo n’ibiganiro bikomeye ku mibanire y’ibihugu bigize uyu muryango by’u Rwanda, Repubulika ya Demukarasi n’Uburundi.

Umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo niwo pfundo ry’ibiganiro byinshi bibera muri aka Karere.

U Rwanda rubanye nabi na Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’Uburundi bapfa ko bishyigikira abarurwanya.

Ibyo bihugu nabyo birushinja ibisa n’ibyo ariko rukemeza ko ibibazo biri muri ibyo bihugu bireba ababituye, ko ntaho ruhuriye nabyo.

Abayobora ibihugu bivuzwe haruguru bigeze kwerura bavuga ko bibakundiye bafasha abashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Kigali yafashe ayo magambo nk’itangazo ry’intambara ku Rwanda, bituma rukaza ingamba zo kwirinda.

Izo ngamba zatumye ibintu bihindura isura, amahanga abona ko intambara yeruye ishoboka hagati ya Kinshasa na Kigali.

U Rwanda ruvuga ko rudashobora gufatana uburemere buke imvugo zirutangazaho intambara kuko, nk’uko Perezida Kagame yabwiye Jeune Afrique mu mezi make ashize, umuntu ashobora kubyuka agasanga ibintu bimeze ukundi.

Ku ruhande rwa DRC, abanyapolitiki bakomeje gukoresha imvugo amahanga avuga ko zibiba urwango ku baturage ba DRC bavuga Ikinyarwanda biganjemo abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Abo baturage ba DRC nibo bagize umutwe wa gisirikare na politiki witwa Movement du 23 Mars bahinnye mu magambo ya M23.

Ubutegetsi bw’i Kinshasa buvuga ko abo barwanyi bafashwa n’u Rwanda, ariko rwo rukabihakana.

Inama izabera Arusha kuri uyu wa Gatandatu ntizabura kugaruka kuri iyo ngingo iri mu zihangayikishije abakora dipolomasi yo muri aka Karere.

N’ubwo nta Perezida w’igihugu icyo ari cyo cyose mu bigize uyu muryango uratangaza niba azajya Arusha, icyizere cy’uko bose bazajyayo kirahari.

Ingingo y’umutekano muke muri aka Karere irakomeye ku buryo buri Muyobozi w’igihugu muri aka Karere akwiye gutanga umusanzu we ngo gatekane.

Indi ngingo ishobora kuzaganirwaho ni ukoroshya imihahiranire hagati y’ibihugu bigize uyu muryango, ibibazo bibangamira urujya n’uruza rwambuka imipaka bikavanwaho.

Kuva uwo Muryango w’Afurika y’Uburasirazuba, EAC, wongera gukora neza mu mwaka wa 1999, ugizwe n’u Rwanda, u Burundi, Kenya, Tanzania, Uganda, Sudani y’Epfo, Repubulika ya Demukarasi ya Congo na Somalia ikibisaba.

Biteganyijwe ko Abakuru b’ibi bihugu ukuyemo uwa Somalia bazitabira Inama yo kuri uyu wa Gatandatu.

Abo ni Paul Kagame w’u Rwanda, William Ruto wa Kenya, Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, Yoweri Museveni wa Uganda, Evariste Ndayishimiye w’Uburundi, Tshisekedi wa DRC, na Salva Kiir Mayardit wa Sudani y’Epfo ari nawe uyoboye uyu Muryango muri iki gihe.

TAGGED:AfurikaAmahoroCongoDRCfeaturedKagameTshisekediUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gusana Katedalari Notre Dame de Paris Yigeze Gukongoka Biri Hafi Kurangira
Next Article Rwanda: Abana Miliyoni Enye Bahererwa Ifunguro Ku Ishuri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Tanzania: Baratora Perezida N’Abadepite 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?