AS Kigali Yivanye Mu Gikombe Cy’Amahoro 2023

Mu gihe habura umunsi umwe  gusa ngo irushanwa ngarukamwaka  ry’igikombe cy’Amahoro ritangire, ubuyobozi bwa AS Kigali bwatangaje ko butarikina.

Rizatangira taliki 7, Gashyantare, 2023.

Ubusanzwe amakipe 16 niyo akina mu cyiciro cya mbere muri Shampiyona y’u Rwanda.

15 muri yo azitabira iki gikombe ukuyemo AS Kigali yaraye itangaje ko itagikinira.

- Advertisement -

Ku mbuga nkoranyambaga z’iyi kipe iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali haranditse hati: “Ubuyobozi bwa AS Kigali bubabajwe no ku gutangaza ko ikipe yamaze kwikura mu gikombe cy’amahoro cya 2023. Nk’abasanzwe bazwiho kucyegukana, turizera kuzagarukana imbaraga mu mwaka utaha.”

AS Kigali isanganywe ibikombe bitatu by’Amahoro, harimo bibiri yegukanye itozwa na Casa Mbungo( ni nawe ukiyitoza) ndetse n’icyo yegukanye itozwa na Mateso Jean de Dieu usigaye  utoza Kiyovu Sports.

Ku rutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda kugeza ubu, AS Kigali iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 33.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version