Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: AU Yasabye U Rwanda Kongera Amasezerano Yo Kwakira Impunzi Zaheze Muri Libya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

AU Yasabye U Rwanda Kongera Amasezerano Yo Kwakira Impunzi Zaheze Muri Libya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 March 2021 8:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komiseri w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) ushinzwe ubuzima n’ibikorwa by’ubutabazi, Amira Elfadil, yavuze ko barimo kureba uko bakongera amasezerano n’u Rwanda, ngo rukomeze kwakira impunzi zaheze muri Libya.

Muri Nzeri 2019 nibwo Guverinoma y’u Rwanda yashyize umukono ku masezerano y’imyaka ibiri na AU n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, yo kwakira impunzi n’abashaka ubuhungiro 500.

Ni abantu bagiye baturuka mu bihugu bitandukanye bya Afurika, bagahera muri Libya nyuma yo kubura uko bambuka inyanja ya Méditerranée ngo bajye i Burayi.

Ni icyifuzo u Rwanda rwagize mu 2017 nyuma y’amashusho yasakaye yerekana abantu bacuruza izi mpunzi, utanze menshi akegukana abacakara be. Ni mu gihe Libya yugarijwe n’intambara guhera mu 2011, ku buryo izi mpunzi zifatwa zigafungirwa mu bigo bitandukanye, zigakorerwa iyicarubozo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubwo yasuraga inkambi bacumbikiwemo i Gashora mu Karere ka Bugesera, ku wa Gatandatu , Amira Elfadil yavuze ko yizeye ko u Rwanda ruzongera ayo masezerano ubwo azaba arangiye muri Nzeri 2021.

Yagize ati “Turacyakeneye umusanzu w’u Rwanda, turacyakeneye kuzana Abanyafurika bacu b’abibumukira mu Rwanda ngo tubahe amahirwe yo kuba bajya mu Burayi n’ahandi.”

“Akazi kacu ntabwo kararangira, kandi tuzareba uko twongera ayo masezerano kuko turacyakeneye ibi bikorwa remezo, kandi dufite ibihumbi byinshi by’abimukira bahezeyo na bo bakeneye kwitabwaho.”

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’ubutabazi, Kayumba Olivier, yavuze ko umunsi guverinoma yakiriye ubusabe bwa AU izabusuzuma ikabufataho icyemezo.

Ati “Tuzabusuzuma tubasubize, ntabwo ntekereza ko dushobora kubyanga.”

- Advertisement -

Elfadil yashimiye Guverinoma y’u Rwanda yakiriye izi mpunzi, inazishyira muri gahunda y’ikingira ry’icyorezo cya COVID-19 nubwo hari abanyarwanda benshi batarahabwa inkingo.

U Rwanda rumaze kwakira impunzi n’abashaka ubuhungiro 515 mu matsinda atanu. Muri bo, 235 bamaze kubona ibihugu bindi bibakira birimo Norvège, Canada, u Bufaransa na Suède, naho 284 baracyari mu nkambi.

Inkambi ya Gashora irimo kwifashishwa mu kwakira izi mpunzi n’abimukira yanifashishijwe mu kwakira ibihumbi by’impunzi z’Abarundi zahungiye mu Rwanda mu 2015. Ubu irimo kwagurwa, yongerwamo inzu zigeretse.

TAGGED:Amira ElfadilAUfeaturedKayumba OlivierLibyaUNHCR
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nkusi Arthur Yihanganishije Umukunzi We Ushinja Dr Kayumba Gushaka Kumufata Ku Ngufu
Next Article Didier Ratsiraka Wayoboye Madagascar Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?