Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: AU Yasabye U Rwanda Kongera Amasezerano Yo Kwakira Impunzi Zaheze Muri Libya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

AU Yasabye U Rwanda Kongera Amasezerano Yo Kwakira Impunzi Zaheze Muri Libya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 March 2021 8:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komiseri w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) ushinzwe ubuzima n’ibikorwa by’ubutabazi, Amira Elfadil, yavuze ko barimo kureba uko bakongera amasezerano n’u Rwanda, ngo rukomeze kwakira impunzi zaheze muri Libya.

Muri Nzeri 2019 nibwo Guverinoma y’u Rwanda yashyize umukono ku masezerano y’imyaka ibiri na AU n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, yo kwakira impunzi n’abashaka ubuhungiro 500.

Ni abantu bagiye baturuka mu bihugu bitandukanye bya Afurika, bagahera muri Libya nyuma yo kubura uko bambuka inyanja ya Méditerranée ngo bajye i Burayi.

Ni icyifuzo u Rwanda rwagize mu 2017 nyuma y’amashusho yasakaye yerekana abantu bacuruza izi mpunzi, utanze menshi akegukana abacakara be. Ni mu gihe Libya yugarijwe n’intambara guhera mu 2011, ku buryo izi mpunzi zifatwa zigafungirwa mu bigo bitandukanye, zigakorerwa iyicarubozo.

Ubwo yasuraga inkambi bacumbikiwemo i Gashora mu Karere ka Bugesera, ku wa Gatandatu , Amira Elfadil yavuze ko yizeye ko u Rwanda ruzongera ayo masezerano ubwo azaba arangiye muri Nzeri 2021.

Yagize ati “Turacyakeneye umusanzu w’u Rwanda, turacyakeneye kuzana Abanyafurika bacu b’abibumukira mu Rwanda ngo tubahe amahirwe yo kuba bajya mu Burayi n’ahandi.”

“Akazi kacu ntabwo kararangira, kandi tuzareba uko twongera ayo masezerano kuko turacyakeneye ibi bikorwa remezo, kandi dufite ibihumbi byinshi by’abimukira bahezeyo na bo bakeneye kwitabwaho.”

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’ubutabazi, Kayumba Olivier, yavuze ko umunsi guverinoma yakiriye ubusabe bwa AU izabusuzuma ikabufataho icyemezo.

Ati “Tuzabusuzuma tubasubize, ntabwo ntekereza ko dushobora kubyanga.”

Elfadil yashimiye Guverinoma y’u Rwanda yakiriye izi mpunzi, inazishyira muri gahunda y’ikingira ry’icyorezo cya COVID-19 nubwo hari abanyarwanda benshi batarahabwa inkingo.

U Rwanda rumaze kwakira impunzi n’abashaka ubuhungiro 515 mu matsinda atanu. Muri bo, 235 bamaze kubona ibihugu bindi bibakira birimo Norvège, Canada, u Bufaransa na Suède, naho 284 baracyari mu nkambi.

Inkambi ya Gashora irimo kwifashishwa mu kwakira izi mpunzi n’abimukira yanifashishijwe mu kwakira ibihumbi by’impunzi z’Abarundi zahungiye mu Rwanda mu 2015. Ubu irimo kwagurwa, yongerwamo inzu zigeretse.

TAGGED:Amira ElfadilAUfeaturedKayumba OlivierLibyaUNHCR
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nkusi Arthur Yihanganishije Umukunzi We Ushinja Dr Kayumba Gushaka Kumufata Ku Ngufu
Next Article Didier Ratsiraka Wayoboye Madagascar Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?