Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Australia Mu Bibazo Yatewe No Gusaba Ko U Bushinwa Bukorwaho Iperereza Kuri COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubucuruzi Mpuzamahanga

Australia Mu Bibazo Yatewe No Gusaba Ko U Bushinwa Bukorwaho Iperereza Kuri COVID-19

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 June 2021 1:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

U Bushinwa na Australia bimaze igihe birebana ay’ingwe. Ni ibihugu biri mu bifite ubukungu buhagaze neza ariko muri iki gihe ubw’Australia bumerewe nabi kubera ikomanyirizwa yafatiwe n’u Bushinwa ku bicuruzwa bikomeye birimo n’inzoga zikozwe mu mizabibu.

Nibwo bwari busanzwe ari umukiliya wa Australia ukomeye wayiguriraga ibicuruzwa birimo n’inzoga zikozwe mu mizabibu.

Abategetsi  b’u Bushinwa baherutse gushyiriraho umusoro uri hejuru ku bicuruzwa bituruka i Canberra( Umurwa mukuru wa Australia) kubera impamvu abanyapolitiki bo muri Australia bavuga ko ari ukubihimuraho.

Iki gihugu giherutse gushyigikira ko abahanga bo mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima bajya mu Bushinwa kubukoraho iperereza ku nkomoko ya COVID-19.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bemeza ko nta kabuza iriya virusi yakorewe mu Bushinwa.

Ibi byarakaje u Bushinwa buhitamo kwihimura kuri Australia binyuze mu kuzamura imisoro y’ibicuruzwa yabwohererezaga.

U Bushinwa kandi bwakomanyirije Australia ku bindi bicuruzwa birimo amabuye y’agaciro bwayiguriraga.

Australia imaze kubona ko ibintu bimeze kuriya, yareze u Bushinwa mu Muryango mpuzamahanga w’ubucuruzi( World Trade Organization) kugira ngo ugire uko ubicyemura ariko abahanga bavuga ko amahirwe y’uko u Bushinwa bwagira ikintu kinini bubikoreraho ari make.

The Reuters ivuga ko u Bushinwa bufite uburyo bwinshi bwateguye bwo kwihimura ku gihugu icyo aricyo cyose mu rwego rw’ubukungu.

- Advertisement -

Abahanga bavuga ko bwateguye byibura uburyo 3000 bwo gukoresha ku gihugu icyo aricyo cyose kugira ngo ubukungu bwacyo buhungabane igihe bwaba bubona ko kuzamukwa  kwabwo byabangamira u Bushinwa.

Batanga urugero ku byo bwigeze gukora mu mwaka wa 2017 ubwo bwakomanyirizaga Koreya y’Epfo nyuma y’uko iki gihugu cyemereye Amerika gushyira ibisasu bya missile mu butaka bwacyo zireba mu Bushinwa.

TAGGED:AustraliaBushinwaCOVID-19featuredUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ange Kagame Yasangije Ababyeyi Uburyo Bwo Kubaka Ubwonko Bw’Umwana Binyuze Mu Gukina
Next Article U Rwanda ‘Rurahabwa Amahirwe’ Yo Kubakwamo Uruganda Rukora Inkingo Za COVID
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?