Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bagiye Muri Mali Bitwa Abatabazi, Bahavuye Bitwa Ibigwari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Bagiye Muri Mali Bitwa Abatabazi, Bahavuye Bitwa Ibigwari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 September 2022 9:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’imyaka icyenda ingabo z’u Bufaransa ziri muri Mali, kuri uyu wa Mbere iza nyuma zazinze utwangushye zirahava. Abafaransa bakuye ikimwaro muri Mali kubera ko ibyihebe by’Aba Touareg bavugaga ko bagiye guhashya bigihari kandi batashye badakunzwe n’abaturage.

Mu mwaka wa 2014 nibwo abasirikare ba mbere b’Abafaransa bageze i Bamako muri Mali bagiye kwirukana abarwanyi bari bamaze kugariza ubutegetsi bwari ho icyo gihe.

Perezida w’u Bufaransa icyo gihe yari François Hollande.

Yagiye gusura Mali ari kumwe n’umugaba w’ingabo z’u Bufaransa, abwira abasirikare be ko bagiye muri kiriya gihugu gutuma gitekana.

Ntawamenya niba mbere y’uko abasirikare ba kiriya gihugu bafata indege za rutura za gisirikare ngo bajye muri Mali barabanje kubyigaho neza.

Mali iruta u Bufaransa inshuro ebyiri n’igice.

Mu gihe u Bufaransa bufite ubuso bwa Kilometero kare 551,500, Mali yo ifite ubuso bwa Kilometero kare 1,240,192.

Ibice bari bafitemo ibirindiro

Mu gihe isi yose yari irimo yizihiza ijyanwa mu ijuru rya Nyina wa Jambo, abasirikare ba nyuma b’u Bufaransa bo barimo basohoka muri Mali, binjira muri Niger.

Abaturage ba Mali bari babahaye amasaha 72 ngo babe babaviriye ku butaka.

Ni uburenganzira bw’abenegihugu ko babwira abanyamahanga ko babavira ku butaka.

Ni uko byagenze!

Babahambirije riva gusa amahirwe yabo ( Abafaransa) ni uko bari bifitiye impamba.

Ku ruhande rw’u Bufaransa, abagaba b’ingabo zabo bo bavuga ko batavanye ipfunwe muri Mali ahubwo ngo bimuye ibirindiro babijyana i Niamey muri Niger.

Mu gihe abasirikare b’u Bufaransa  bamburiwe ijabo n’ijambo muri  Mali kandi baragiye yo biyita abatabazi, muri Burkina Faso no muri Tchad ho barahaganje.

Mbere yo guhambira ibyabo bakava muri Mali, abasirikare b’u Bufaransa bari baraburiwe kenshi.

Mu mezi atandatu ashize, ingabo z’u Bufaransa zashoboye kuvana muri Mali ibisanduku binini( containers) 4000 birimo ibikoresho n’ibimodoka by’intambara birenga 1000.

Abasirikare bahambiriye ibyabo bajya muri Niger

Ibi kandi niko byagendanaga n’uko abasirikare nabo bavanwaga mu birindiro byo muri Mali bigakorwa gahoro gahoro ariko nanone hatabeymo gutinda cyane k’uburyo byari buhe urwaho abarwanyi b’aba Touareg rwo kurasa kuri ziriya ngabo.

Abaturage ba Mali bamaze kubona ko ingabo z’u Bufaransa zizinze utwangushye, barabyishimiye bavuga ko kuba ziriya ngabo zigiye ari intsinzi kuri bo.

Ngo nta gihugu kizagira Mali ingaruzwamuheto.

Iyi ni intero buri muturage w’umwegihugu wese  avuga iyo abonye yipakuruye abashakaga kumugira imbata yabo.

Abaturage ba Afghanistan niko bavuze babonye ingabo z’Amerika zizinze utwazo zikabavira aho.

 

TAGGED:AbafaransafeaturedHollandeMaliNigerPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abapolisi Babyibushye Bategetswe Gusubira Ku IKOSI
Next Article Yanga Wo Mu Gasobanuye Yitabye Imana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?