Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Banki Lamberi Nizo Zigushije Ifaranga Ry’Uburundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Banki Lamberi Nizo Zigushije Ifaranga Ry’Uburundi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 December 2023 8:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ifaranga ry’Uburundi riri mu mafaranga yatakaje agaciro cyane kubera impamvu z’uko n’ubukungu bw’iki gihugu bumaze imyaka za mirongo bujegajega.

Abaturage  baje gusanga batakwizera za Banki bahitamo kujya bagurizanya hagati yabo mu buryo bwa lamberi cyangwa ibibina(ikibina mu Buke) kugira ngo babone amafaranga bitabaye ngombwa ko za Banki zigira ayo zibakata nyuma yo kubaha serivisi.

Kubera ingaruka bigira mu micungire y’ifaranga, Banki nkuru y’Uburundi irashaka ko ibi bihagarara.

Uretse kuba bituma idashobora gucunga neza imibereho y’ifaranga hashingiwe kuri Politiki zarishyiriweho, za lamberi zikurura amakimbirane iyo mu babika amafaranga hari ugize ubunyangamugayo buke, akayirira.

Banki nkuru yatangaje ko ishaka kubica cyangwa( se wenda) ikabigabanya cyane.

Simplice Sabiyumva ni umuhanga mu by’ubukungu ukora muri Banki nkuru y’Uburundi.

Simplice Sabiyumva

Avuga ko bagenzuye basanga uko za lamberi ziba nyinshi ari ko bigira ingaruka ku gaciro k’ifaranga bitewe n’uko nta bwizigame bufatika abaturage bakorera mu bigo by’imari bicungwa na  Banki nkuru.

Sabiyumva avuga ko ari ngombwa cyane ko ibigo byose bifite aho bihurira n’amafaranga biba bigomba gukorana na Banki nkuru.

Abuza Abarundi bose kujya mu bya lamberi kuko bibahombya bigatuma n’ifaranga ry’igihugu cyabo rikomeza kwangirika.

Ku rundi ruhande, Abarundi bavuga ko amafaranga yo mu bibina abafasha kwiteza imbere.

Hari umugore w’ahitwa Musaga uherutse kubwira ikinyamakuru Burundi Iwacu ko we na bagenzi be bishimira ko bagiye kugabana amafaranga bakotije mu gihe cy’uyu mwaka wa 2023.

Ngo buri wese mu bagize icyo kibina azahabwa BIF 210,000 birimo inyungu y’ibihumbi 90.

Mu kibina cye, buri munyamuryango atanga BIF 20,000 buri kwezi byiyongeraho BIF 2,000 by’umusanzu, ibyo bigatuma buri wese yungukirwa 5% .

Ibi nibyo bituma abaturage bumva ko nta mpamvu yo kujya kubitsa muri Banki zizwi na Leta.

Ikindi kintu gishegesha ubukungu bw’Uburundi ni uko abakire baho bikubiye lisansi bituma ibura.

Hari kandi n’ikibazo cy’imihindagurikire y’ikirere yatumye hari ibice birumbya, ntibyeza imyaka nk’uko byahoze.

TAGGED:AbaturageBankiBurundifeaturedIfarangaLamberiUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Meya Wa Rubavu Ati: ‘ Ni Ubwa Mbere Mbonye Icyaha Nk’Iki!’
Next Article Ambulance Yavaga i Gatsibo Yakoreye Impanuka Muri Gicumbi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?