Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Barack Obama Nawe Yemeye Kuzafasha Kamala Kwiyamamaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Barack Obama Nawe Yemeye Kuzafasha Kamala Kwiyamamaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 July 2024 4:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Barack Obama yaraye ahamagaye Kamala Harris amubwira ko we n’umuryango we biyemeje kuzamushyigikira mu kwiyamamariza kuyobora Amerika.

Ni icyemezo cyari kitezwe na benshi mu bakurikirana politiki y’Amerika kuko ijwi rya Obama rikomeye kandi ryasaga nk’aho ari ryo risigaye mu yandi akomeye mu ba Demukarate.

Mu itangazo abo mu muryango wa Obama bahuriyeho, bamumenyesheje ko bari kumwe nawe mu kwiyamamariza kuyobora Amerika kuko basanga ashoboye.

Obama n’umugore we Michelle bavuga ko Harris Kamala afite ubushobozi bwo mu mutwe, ubumenyi na kamere byashobora guhangamura Donald Trump nawe ushaka kuyobora Amerika.

BBC yanditse ko ubwo Biden yatangazaga ko adashaka kuziyamamariza kuyobora Amerika, Kamala Harris yahamagaye Obama amusaba ko yazamuba inyuma mu bikorwa bye byo kwiyamamaza.

Obama ari mu bantu bagera ku 100 bivugwa ko Harris yahise ahamagara icyo gihe.

Gusa Obama ntiyahise agira icyo abivuga ho, bikavugwa ko yari ategereje kureba aho ibintu bigana.

Ubwo Obama yemeje ko nawe amushyigikiye, ubu noneho Kamala Harris yakwizera ko ari we uzemezwa mu nteko rusange rusange y’ishyaka rye izaba agamije kwemeza uzarihagararira mu matora ari mu Ugushyingo uyu mwaka.

Abo mu muryango wa Obama bavuga ko amateka ya Politiki ya Kamala Harris yerekana ko ari we ukwiye koko.

Bavuga ko yabigaragaje ubwo yari umushinjacyaha mukuru wa Leta ya California, abyerekana ubwo yari Umusenateri akomeza kubyerekana no muri iki gihe ari Visi Perezida wa Amerika.

Itangazo abo kwa Obama basohoye rivuga ko Kamala Harris ari umugore ushoboye, werekanye ko ibintu bishoboka mu gihe abandi babibonaga ukundi.

Mu bihe bitandukanye, Kamala Harris yagaragaye henshi akora ibisa no kwiyamamaza.

Aherutse kuganiriza itsinda ry’abarimu bagize Urugaga Nyamerika rw’Abarimu.

Nubwo abo ku ruhande rwe bemeza ko ibyo yahakoreye atari ukwiyamamaza, hari abandi bavuga ko ntaho bitaniye nabyo kuko icyo yavugaga cyose ahanini cyakurikirwaga n’amashyi ndetse n’urusaku rw’imizindaro yamubwiraga ko bari kumwe.

Ku rundi ruhande, abashyigikiye Trump bavuga ko kwa Kamala Harris ari abanyapolitiki b’abaswa ndetse Trump yavuze ko adashobora kuganira na Harris cyeretse ubwo azaba yamaze kwemezwa ‘bidakuka’ ko ari we uzahagararira Abademukarate.

Yabitangarije ku rubuga nkoranyambaga rwe yise Truth Social.

Hagati aho twabamenyesha ko hari abandi Bademukarate bemeye kuzashyigikira Kamala Harris mu bikorwa bye bwo kwiyamamariza kuyobora Amerika barimo na Bill Clinton wigeze kuyobora iki gihugu mu myaka ya 1994 kuzamura.

TAGGED:AbademukaratefeaturedHarrisKamalaKwiyamamazaObama
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Babiri Mu Bareganwa Na Corneille Nangaa Beruriye Urukiko
Next Article Mu Rwanda Hagaragaye Abarwaye Ubushita Bw’Inkende
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?