Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Batangije Uburyo Bw’Ikoranabuhanga Bufasha Ba Rwiyemezamirimo Gucunga Imari Badahari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Batangije Uburyo Bw’Ikoranabuhanga Bufasha Ba Rwiyemezamirimo Gucunga Imari Badahari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 March 2023 1:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyarwanda b’abahanga mu ikoranabuhanga batangaje ko bakoze uburyo umunani bw’ikoranabuhanga(applications) buzafasha ba rwiyemezamirimo, ababyeyi bafite abana biga, n’abandi…gukurikirana ibikorwa byabo bitabasabye kuba aho bibera.

Abo bahanga bo mu kigo kitwa DIRECA Technologies babwiye itangazamakuru ko basanze ari ngombwa gushyiraho ikoranabuhanga rifasha abaturage mu buryo bwa buri munsi.

Bakoresha ikoranabuhanga bita internet of things muri byinshi bakora.

Ushinzwe ubucuruzi muri kiriya kigo witwa Rudasingwa Victor Emmanuel  avuga ko buriya buryo( applications) bworoshye gukoresha, iyo ubukoresha afite icyuma(device) cyakira murandasi( internet).

Ubwo buryo batangije uko ari umunani babwise Iturize, Schooltech, Innopub, Superepair, My souvenir, Fnertech, Jobfirst na Hightaste.

Rudasingwa Victor Emmanuel( ubanza ibumuso) asobanura iby’ikoranabuhanga bahanze

Ubwitwa ITURIZE bugamije gufasha  abacuruzi gukurikirana ubucuruzi bwabo umunsi ku munsi  binyuze mu kumenya imikoreshereze y’ububiko bw’ibicuruzwa( stock), bakamenya ibyagurishijwe, ibisigaye, ibiri hafi kurangiza igihe, ibiri hafi kubora…

Umucuruzi uri kure y’aho imari ye iherereye amenya raporo y’uko akazi kagenzwe haba ku munsi, ku Cyumweru ndetse no ku kwezi.

Abazafashwa n’iri koranabuhanga ni abafite inzu z’ubucuruzi bita quincaillerie, utubari, supermarkets, papeteries n’inganda zitandukanye.

Ubundi buryo ni ubwo bise ‘ INNOPUB’.

Bufasha abanyeshuri n’abandi bose kumenyekanisha impano, udushya bahanze n’imishinga yabo.

Abahanga bakoze iri koranabuhanga bavuga ko buriya buryo buzakemura ikibazo cy’abanyeshuri bahanga udushya bakabura uko batugaragaza.

Iyo babonye uko batangaza ibyo bahanze, bibaha amahirwe yo guhura na bagenzi babo  n’abashoramari, bakabamurikira ibyo bagezeho biri mu nyungu z’iterambere ry’ikoranabuhanga mu Rwanda.

Abarimu, abanyeshuri, abanditsi n’abashakashatsi bazafashwa mu kugurisha imishinga n’ibikorwa byabo binyuze ku ikoranabuhanga.

Abashaka gusaranganya ubumenyi nabo bazabishobora binyuze muri ubu buryo.

 Ubundi buryo bahanze ni ubwiswe My Souvenir.

 Bwakozwe hagamijwe gufasha abantu kubika mu buryo bw’ikorabuhanga ibyo bazibukirwaho cyangwa bazibukiraho inshuti, abavandimwe n’abandi bantu bafite icyo bavuze mu buzima bwabo.

Niho haturutse ijambo ‘Souvenir’.

Impamyabumenyi, amakuru y’ingenzi ya runaka yo mu buryo bw’amashusho, amajwi n’amafoto n’ibindi biri mu byo abantu bazabika binyuze muri ririya koranabuhanga.

Mu rwego rwo gufasha abapfushije gutegura imihango yo gushyingura bafatanyije n’inshuti zabo, hari uburyo(application) bise Funeraltech bumenyesha abavandimwe n’inshuti imihango yose uko iteganyijwe bakamenya uko gutanga ubuhamya bwa nyakwigendera biri bugende n’ibindi.

Izafasha kandi abagize ibyago kumenya ahari irimbi n’umwanya wagenewe gushyingurwamo, guhuza abacuruza ibintu bitandukanye bijyanye no gushyingura n’abakiliya n’ibindi.

Abadafite akazi nabo bazafashwa guhura n’abagafite bagatanga binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga bise Jobfirst.

abadafite akazi bazajya  babona imyanya ipiganirwa, gutanga imyirondoro yabo no korohereza abashaka kazi kuyibona.

Bitewe n’abakozi umukoresha akeneye, uwiyandikishije ahita agaragara ku ikoranabuhanga ko akeneye akazi, akabazwa ibisanzwe bibazwa abakeneye akazi, bikoroha mu kugapiganirwa no kukabona.

Ubundi buryo bise Hightaste.

Igamije  gufasha gukurikirana ibikorwa by’ubucuruzi birimo aho bacururiza ikawa, icyayi, restaurants n’utubari.

Irihariye kuko izafasha abakeneye icyo kunywa cyangwa kurya gutanga komande bakagera aho yakorewe yarangiye ntibategereze.

Buzanafasha mu gukurikirana uko ibikorwa by’ingenzi biri gukorwa, bigakurikiranwa na ba nyiri businesss zitanga serivisi y’ibyo kurya no kunywa, kumenya imyenda n’ibindi.

Uburyo bwiswe Schooltech buzafasha  abanyeshuri, ababyeyi, abarimu n’abayobozi gukurikirana imyigire y’abana babo biga mu mashuri y’inshuke, abanza n’ayisumbuye.

Izafasha ababyeyi kumenya imyigire y’abana, amanota babonye, kwishyura amafaranga y’ishuri batiriwe bajya kuri banki.

Ababyeyi bazakurikirana ibibera ku ishuri abana babo bigaho, gutanga inama batiriwe bajya ku ishuri, kubona amasomo ahabwa abana babo, kubona imikoro( homeworks) abana bahabwa ndetse n’uburyo indangamanota zabo zizuzwa.

Izafasha abayobozi b’ibigo gukurikirana uko abarimu bigisha, uko bitabira akazi no gukurikirana imyitwarire y’abanyeshuri.

Uburyo bwa munani( application) ni ubwo bise ‘Superpair.’

Buzafasha abafite ibinyabiziga, ibikoresho byo mu rugo, ibikoresho by’ikoranabuhanga nka mudasobwa na telefoni kubona gahunda y’uko biri gukanikwa.

Ukoresha yumvikana n’ugiye kumukorera igikoresho ibijyanye n’ibizakorwa byose, igihe bizakorerwa, abakozi bazabikora, igihe bizarangira n’ibiciro.

Uwakoresheje igikoresho binyuze kuri iriya app, abona raporo ya buri munsi y’uko igikoresho kiri gukorwa kandi iyi raporo ikaba iherekejwe n’amafoto.

Abafite ibigo bikoresha  ibinyabiziga byinshi( imodoka na moto) izabafasha kumenya uko ibikoresho byabo biri gukorwa n’igihe bizarangirira.

Rudasingwa Victor Emmanuel avuga ko  bizeye ko  imikorere n’imikoreshereze ya buriya buryo bwose yizewe.

Zikora mu buryo burinzwe kuko nta muntu utazifitiye amagambo banga( passwords) wazikoresha.

Rudasingwa avuga ko bashyizeho ziriya apps mu rwego rwo gufasha Guverinoma y’u Rwanda mu iterambere ry’imishinga y’ikoranabuhanga yiyemeje.

Yabwiye Taarifa ko ikigo cyabo cyanditse muri RDB kandi gikorana n’izindi nzego hagamijwe ko ikoranabuhanga rikomeza kuba igisubizo ku Banyarwanda bose.

TAGGED:IkoranabuhangaRDBRwiyemezamirimoUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo 100 Z’u Burundi Ziroherezwa Muri DRC
Next Article Rubavu: Bafashwe Bacukura Amabuye Y’Agaciro Mu Buryo Butemewe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?