Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bigabije Imirima Ya RAB Y’Ibirayi By’Imbuto Barabyiba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bigabije Imirima Ya RAB Y’Ibirayi By’Imbuto Barabyiba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2023 11:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Nyagasenyi n’uwa Kansoro mu Kagari ka Nyonirima mu Murnege wa Kinigi mu Karere ka Musanze haramutse inkuru y’abajura bivugwa ko bageraga kuri 40 baranduye ibirayi byatuburwaga nk’imbuto bakabyiba.

Ba nyiri imirima bavuga ko ibyo bisambo byakoze buriya bujura ku manywa y’ihangu, ndetse ngo hari umuturage byakomereje ubwo yazaga kubitesha.

Nyuma yo kurandura ibyo birayi, ibisambo byarabipakiye birabyandurukana!

Ibisambo byahereye mu murima utuburirwamo n’umushoramari wigenga, bikurikizaho imirima ituburirwamo n’Ikigo RAB ndetse n’umushinga HoReCo, naho baharandura ibindi birayi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nkundibiza Jacques, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Kinigi yabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ko ibyo bisambo byari byigabyemo amatsinda, hakaba amatsinda arandura ibirayi n’andi atera amabuye uwo ari we wese uje kubitesha.

Amabuye avuza ubuhuha yacaga hejuru y’imitwe n’amatwi by’abarinzi b’iyo mirima k’uburyo ntawashoboye kugira igisambo amenyamo.

Gitifu Nkundibiza ati: “Hari umurinzi wo mu murima babanjemo bakomerekeje cyane biba ngombwa ko ajyanwa kwa muganga kuvurwa ibikomere. Ibirayi  bari bamaze gukura bibarirwa mu bilo birenga 150 babipakiye mu mifuka bari bitwaje barabyirukankana. Turacyakurikirana ngo tumenye abo aribo”.

Agace byabereyemo kazwiho kweza ibirayi byinshi, kandi umushinga HoReCo n’Ikigo RAB bihafite ubutaka buri ku buso bunini butuburirwamo imbuto y’ibirayi.

Babitubura  mu rwego rwo kurushaho guteza imbere ubuhinzi bwabyo.

- Advertisement -
TAGGED:AbajurafeaturedIbirayiIbisamboImbutoMusanzeRAB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biden Yambuwe Ijambo Mu Kiganiro N’Abanyamakuru
Next Article Muhanga: Meya Ntiyemera Ko Abaturage ‘Bafite Inzara’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?