Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bigabije Imirima Ya RAB Y’Ibirayi By’Imbuto Barabyiba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bigabije Imirima Ya RAB Y’Ibirayi By’Imbuto Barabyiba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2023 11:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Nyagasenyi n’uwa Kansoro mu Kagari ka Nyonirima mu Murnege wa Kinigi mu Karere ka Musanze haramutse inkuru y’abajura bivugwa ko bageraga kuri 40 baranduye ibirayi byatuburwaga nk’imbuto bakabyiba.

Ba nyiri imirima bavuga ko ibyo bisambo byakoze buriya bujura ku manywa y’ihangu, ndetse ngo hari umuturage byakomereje ubwo yazaga kubitesha.

Nyuma yo kurandura ibyo birayi, ibisambo byarabipakiye birabyandurukana!

Ibisambo byahereye mu murima utuburirwamo n’umushoramari wigenga, bikurikizaho imirima ituburirwamo n’Ikigo RAB ndetse n’umushinga HoReCo, naho baharandura ibindi birayi.

Nkundibiza Jacques, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Kinigi yabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ko ibyo bisambo byari byigabyemo amatsinda, hakaba amatsinda arandura ibirayi n’andi atera amabuye uwo ari we wese uje kubitesha.

Amabuye avuza ubuhuha yacaga hejuru y’imitwe n’amatwi by’abarinzi b’iyo mirima k’uburyo ntawashoboye kugira igisambo amenyamo.

Gitifu Nkundibiza ati: “Hari umurinzi wo mu murima babanjemo bakomerekeje cyane biba ngombwa ko ajyanwa kwa muganga kuvurwa ibikomere. Ibirayi  bari bamaze gukura bibarirwa mu bilo birenga 150 babipakiye mu mifuka bari bitwaje barabyirukankana. Turacyakurikirana ngo tumenye abo aribo”.

Agace byabereyemo kazwiho kweza ibirayi byinshi, kandi umushinga HoReCo n’Ikigo RAB bihafite ubutaka buri ku buso bunini butuburirwamo imbuto y’ibirayi.

Babitubura  mu rwego rwo kurushaho guteza imbere ubuhinzi bwabyo.

TAGGED:AbajurafeaturedIbirayiIbisamboImbutoMusanzeRAB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biden Yambuwe Ijambo Mu Kiganiro N’Abanyamakuru
Next Article Muhanga: Meya Ntiyemera Ko Abaturage ‘Bafite Inzara’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?