Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bigabije Imirima Ya RAB Y’Ibirayi By’Imbuto Barabyiba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bigabije Imirima Ya RAB Y’Ibirayi By’Imbuto Barabyiba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2023 11:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Nyagasenyi n’uwa Kansoro mu Kagari ka Nyonirima mu Murnege wa Kinigi mu Karere ka Musanze haramutse inkuru y’abajura bivugwa ko bageraga kuri 40 baranduye ibirayi byatuburwaga nk’imbuto bakabyiba.

Ba nyiri imirima bavuga ko ibyo bisambo byakoze buriya bujura ku manywa y’ihangu, ndetse ngo hari umuturage byakomereje ubwo yazaga kubitesha.

Nyuma yo kurandura ibyo birayi, ibisambo byarabipakiye birabyandurukana!

Ibisambo byahereye mu murima utuburirwamo n’umushoramari wigenga, bikurikizaho imirima ituburirwamo n’Ikigo RAB ndetse n’umushinga HoReCo, naho baharandura ibindi birayi.

Nkundibiza Jacques, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Kinigi yabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ko ibyo bisambo byari byigabyemo amatsinda, hakaba amatsinda arandura ibirayi n’andi atera amabuye uwo ari we wese uje kubitesha.

Amabuye avuza ubuhuha yacaga hejuru y’imitwe n’amatwi by’abarinzi b’iyo mirima k’uburyo ntawashoboye kugira igisambo amenyamo.

Gitifu Nkundibiza ati: “Hari umurinzi wo mu murima babanjemo bakomerekeje cyane biba ngombwa ko ajyanwa kwa muganga kuvurwa ibikomere. Ibirayi  bari bamaze gukura bibarirwa mu bilo birenga 150 babipakiye mu mifuka bari bitwaje barabyirukankana. Turacyakurikirana ngo tumenye abo aribo”.

Agace byabereyemo kazwiho kweza ibirayi byinshi, kandi umushinga HoReCo n’Ikigo RAB bihafite ubutaka buri ku buso bunini butuburirwamo imbuto y’ibirayi.

Babitubura  mu rwego rwo kurushaho guteza imbere ubuhinzi bwabyo.

TAGGED:AbajurafeaturedIbirayiIbisamboImbutoMusanzeRAB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biden Yambuwe Ijambo Mu Kiganiro N’Abanyamakuru
Next Article Muhanga: Meya Ntiyemera Ko Abaturage ‘Bafite Inzara’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?