Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: BioNTech, Africa Improved Foods, Duval…Imishinga Y’Abanyaburayi Yagiriye u Rwanda Akamaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

BioNTech, Africa Improved Foods, Duval…Imishinga Y’Abanyaburayi Yagiriye u Rwanda Akamaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 June 2023 2:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yabwiye abitabiriye inama yahuje abakorera bo mu Rwanda n’abo mu Burayi ko inkunga ibihugu by’Uburayi byateye u Rwanda mu myaka yose y’ubufatanye ishize, ari iyo gushimwa.

Yabivugiye muri iriya nama ya ba rwiyemezamirimo ku mpande zombi yiswe The EU-Rwanda Business Forum iri kubera i Kigali.

Yavuze ko imwe mu mishinga minini kandi ya vuba aha ihuza impande zombi ari uwo gukora inkingo wa BioNTech, uwitwa African Improved Food ukora ibiribwa by’inyongeramirire, Ikigo Duval kiri gufasha u Rwanda kubaka inzu nini n’ubucuruzi busanzwe ndetse na serivisi n’ibindi.

Dr. Edouard Ngirente yatanze urugero rw’uko hagati y’umwaka wa 2018 n’umwaka wa 2022, ishoramari Abanyaburayi bakoreye mu Rwanda ryanganaga na miliyoni $870.

Aya mafaranga yashowe mu nzego zirimo ubwubatsi, inganda, ubuhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ndetse ikoranabuhanga mu itumanaho.

Ibyakozwe muri izi nzego zose byatumye Abanyarwanda bamenya guhanga udushya no gukora kinyamwuga hagamijwe iterambere.

Yatangarije abamwumvaga ko imari yashowe mu kubaka ikigo BioNTech ingana na miliyoni $100 n’aho iyashowe mu kigo African Improved Foods ikaba ingana na miliyoni $ 41.

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente ashima umubano w’u Rwanda n’Ubumwe bw’Uburayi

Hari n’ibindi bigo by’Abanyaburayi byakoranye neza n’u Rwanda birushoramo imari urugero nka Volkswagen.

Uru ruganda rwahaye akazi Abanyarwanda 600.

Ikigo Duval cyo cyashoye mu Rwanda miliyoni $70.

Minisitiri w’Intebe yashimiye abakorana n’u Rwanda mu nzira y’iterambere kandi abizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukora ibirureba kugira ngo rutere imbere.

TAGGED:featuredIkigoIntebeMinisitiriNgirenteUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ku Isi Abantu Miliyoni 296 Bakoresha Ibiyobyabwenge- Raporo Ya UN
Next Article Ibyamamare Byinjije Menshi Kurusha Abandi Ku Isi Mu Mwaka Wa 2022
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?