Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: BioNTech, Africa Improved Foods, Duval…Imishinga Y’Abanyaburayi Yagiriye u Rwanda Akamaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

BioNTech, Africa Improved Foods, Duval…Imishinga Y’Abanyaburayi Yagiriye u Rwanda Akamaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 June 2023 2:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yabwiye abitabiriye inama yahuje abakorera bo mu Rwanda n’abo mu Burayi ko inkunga ibihugu by’Uburayi byateye u Rwanda mu myaka yose y’ubufatanye ishize, ari iyo gushimwa.

Yabivugiye muri iriya nama ya ba rwiyemezamirimo ku mpande zombi yiswe The EU-Rwanda Business Forum iri kubera i Kigali.

Yavuze ko imwe mu mishinga minini kandi ya vuba aha ihuza impande zombi ari uwo gukora inkingo wa BioNTech, uwitwa African Improved Food ukora ibiribwa by’inyongeramirire, Ikigo Duval kiri gufasha u Rwanda kubaka inzu nini n’ubucuruzi busanzwe ndetse na serivisi n’ibindi.

Dr. Edouard Ngirente yatanze urugero rw’uko hagati y’umwaka wa 2018 n’umwaka wa 2022, ishoramari Abanyaburayi bakoreye mu Rwanda ryanganaga na miliyoni $870.

Aya mafaranga yashowe mu nzego zirimo ubwubatsi, inganda, ubuhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ndetse ikoranabuhanga mu itumanaho.

Ibyakozwe muri izi nzego zose byatumye Abanyarwanda bamenya guhanga udushya no gukora kinyamwuga hagamijwe iterambere.

Yatangarije abamwumvaga ko imari yashowe mu kubaka ikigo BioNTech ingana na miliyoni $100 n’aho iyashowe mu kigo African Improved Foods ikaba ingana na miliyoni $ 41.

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente ashima umubano w’u Rwanda n’Ubumwe bw’Uburayi

Hari n’ibindi bigo by’Abanyaburayi byakoranye neza n’u Rwanda birushoramo imari urugero nka Volkswagen.

Uru ruganda rwahaye akazi Abanyarwanda 600.

Ikigo Duval cyo cyashoye mu Rwanda miliyoni $70.

Minisitiri w’Intebe yashimiye abakorana n’u Rwanda mu nzira y’iterambere kandi abizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukora ibirureba kugira ngo rutere imbere.

TAGGED:featuredIkigoIntebeMinisitiriNgirenteUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ku Isi Abantu Miliyoni 296 Bakoresha Ibiyobyabwenge- Raporo Ya UN
Next Article Ibyamamare Byinjije Menshi Kurusha Abandi Ku Isi Mu Mwaka Wa 2022
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?