Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bizimana Yasabye RIB Gukurikirana ‘Bwangu’ Abakoresha YouTube Bapfobya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bizimana Yasabye RIB Gukurikirana ‘Bwangu’ Abakoresha YouTube Bapfobya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 June 2023 6:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Jean Damascène Bizimana uyobora Minisiteri y’ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu yabwiye abakorera Urwego rw’Ubugenzacyaha ko igihe cyose babonye ibimenyetso bifatika byaherwaho runaka akurikiranwaho gupfobya Jenoside, byajya bihita bikorwa.

Yabivugiye mu kiganiro yabahaye ubwo bari bateranye ngo baganire ku mateka ya Jenosie yakorewe Abatutsi, uko yateguwe, uko yakozwe n’uburyo Abanyarwanda bari kwikura mu ngaruka zayo.

Yibanze ku bahembera urwango cyangwa bagapfobya Jenoside babinyujije kuri YouTube.

Dr. Bizimana wari umushyitsi mukuru muri iki kiganiro yavuze ko kuganiriza abagenzacyaha ku mitegurirwe n’imikorerwe ya Jenoside yakorewe Abatutsi ari uburyo bwo kubafasha mu kazi kabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko kuba mu nshingano zabo habamo kugenza ibyaha, bivuze ko bakwiye guhora bibutswa ibyo byaha ariko icya Jenoside ntikibure kuko ari nacyo cyaha kugeza ubu kinini kurusha ibindi umuntu yakoreye mugenzi we mu mateka.

Nyuma yo kubagezaho uko amashyaka yabanjirije cyangwa agakurikira ikiswe ubwigenge yagize uruhare mu kubiba urwango hagati y’Abahutu n’Abatutsi, Minisitiri Bizimana yabwiye abari aho ko ingengebitekerezo ya Jenoside idakwiye kujenjekerwa na gato.

Avuga ko hari abantu bayihembera binyuze ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube hanyuma nyuma bagatangaza ko barwaye mu mutwe.

Ibi ngo ntibikwiye kubera ko umuntu urwaye mu mutwe atagira ubwenge bwo kubimenya.

Yasabye abagenzacyaha kujya birinda ko umuntu uzamuye ibitekerezo byo kubiba urwango mu bantu cyangwa ikindi gihuje n’ingengabitekerezo ya Jenoside yahabwa umwanya munini atarabikuriranwaho.

- Advertisement -

Bizimana avuga ko gutinda gukora ibyo amategeko ateganya ku bantu cyangwa umuntu nk’uwo, bimuha urwaho rwo kugeza ibyo bitekerezo kure.

Ati: “ Igihe cyose mumaze kubona ibimenyetso bitagibwaho impaka, ni ngombwa ko umuntu nk’uwo akurikiranwa hakiri kare kuko gutinda bituma ageza ibyo ashaka kure”.

Umwe mu bakozi b’Urwego rw’Ubugenzacyaha witwa Ngarambe yahaye bagenzi be ubuhamwa bw’uko yarokokeje mu Karere ka Kayonza y’ubu ahitwa Nyamirama.

Yavuze ko we n’abo bavukanaga ndetse n’umuryango bahizwe bamwe baricwa barimo na Nyina  ndetse na bamwe mu bavandimwe ariko we aza kugira amahirwe ararokoka.

Icyakora ngo abagome bamutaye mu musarane ari kumwe n’uwo bavukana icyakora Imana iramurinda biza gutuma Inkotanyi zisanga agihumeka, ziramurokora.

Azishimira ubumuntu zamweretse n’ibyo zamukoreye ngo abe ari umugabo ari we muri iki gihe.

Kuri uyu wa Gatatu taliki 14, Kamena, 2023, abakozi b’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha basuye urwibutso rwa Gisozi bashyira indabo ku mva rusange, basura n’ibyumba bimurikirwamo amateka ya Jenoside .

Ngarambe yahaye bagenzi be ubuhamya bw’uko yahizwe Inkotanyi zikaza kumutabara abura izuba rimwe
Bafashe umunota wo kwibuka
TAGGED:featuredGupfobyaIngengabitekerezoJenosideUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Airtel Rwanda Yazanye Ikoranabuhanga e-Sim Ritabaga Mu Rwanda
Next Article Ikawa Yose Itunganyirizwa Mu Rwanda Igomba Kuba Ari Nziza Hejuru Ya 80%
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?