Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burera: Abantu Umunani Barembeye Mu Bitaro Kubera Ubushera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Burera: Abantu Umunani Barembeye Mu Bitaro Kubera Ubushera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 October 2023 10:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Aba bagabo n’abagore bari bavuye mu mubatizo wabereye mu rusengero rw’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi bari kwa muganga nyuma yo kunywa ubushera bwanduye.

Babunywereye kwa Habyarimana wo mu Mudugudu wa Gasovu, Akagari ka Kamanyana mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera.

Ubwo bukwe bwabaye taliki 30, Nzeri, 2023, ku munsi w’isabato.

Abafashwe na buriya burwayi bagaragaza ibimenyetso byo kuruka, guhitwa, kuribwa mu nda, kubabara umutwe no guhinda umuriro.

Nyuma y’umubatizo bahuriye kwa Habyarimana ngo bifata amafunguro n’ibinyobwa birimo n’ubushera.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanika, Concorde Hatumimana yabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ko muri abo bafashwe uko ari 44, abagera ku munani(8) barembeye mu bitaro bya Ruhengeri.

Muri abo bose hari abakize ariko hari n’abandi bakiri kwa muganga.

Hatumimana ati: “Ariko nabo barindwi barorohewe bagomba kurara basezerewe, umugore wa nyiri urugo banywereyemo ubwo bushera niwe utarororoherwa, abandi bari kuri Centre de Sante bahise basezererwa.”

Yasabye abaturage gukomeza kunoza isuku haba mu byo barya no mu byo banywa.

Ati: “Nk’ubwo bushera babwengesheje amazi y’umureko yo mu kigega kandi haba harimo umwanda mwinshi, bagire isuku aho batuye no mu bwiherero hose, turangwe n’isuku.”

Ubushera ni ikinyobwa cyengwa mu masaka ariko kidasembuye.

Uburyo ababwenga babukora nibwo bujya buteza abantu kurwara mu nda, bakaremba.

TAGGED:AbaturageBureraIbitaroUbushera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article The Ben Na Uncle Austin Bibiwe Telefoni i Burundi
Next Article DRC: Imodoka 500 Zaheze Mu Isayo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?