Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burera: Bategereje Inkunga Polisi Yabemereye Bakayibyaza Umusaruro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Burera: Bategereje Inkunga Polisi Yabemereye Bakayibyaza Umusaruro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 April 2025 10:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Basaba ko izo Miliyoni zakwihutishwa.
SHARE

Umuyobozi mukuru wa Polisi IGP Félix Namuhoranye ubwo yaganirizaga abahoze ari Abarembetsi bo mu Murenge wa Cyanika bibumbiye muri Koperative ‘Twiheshe Agaciro Cyanika’ yabemereye inkunga ya Miliyoni Frw 10 yo kubasha mu bikorwa byabo.

Bishimiye iyo nkunga ariko bakavuga ko ikwiye kubanguka bakayibyaza umusaruro, gusa bamwe mu banyamuryango bumvaga ko nibageraho bazayigabagabana, ariko basobanuriwe ko ari iyo kubazamura bose hamwe.

Koperative ‘Twiheshe Agaciro Cyanika’ ikorera mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera.

Ubwo bayemererwaga, hari tariki 17, Werurwe, 2025, ntibahise bayihabwa ako kanya, bamwe batangira gutekereza ko itazaza!

Icyo gihe hari mu bikorwa Polisi ikora buri mwaka byo kugeza amajyambere ku baturage hirya no hino mu Rwanda, ikabikora ibifatanyijemo n’ingabo z’u Rwanda.

Umuyobozi wa Polisi IGP Felix Namuhoranye yijeje inkunga abo baturage abashimira ko baretse ibikorwa bw’ubwicamategeko.

Abagize iriya Koperative bavuga ko basanze guhora bahangana na Polisi kubera uburembetsi bidakwiye.

Bahisemo gukora uko bashoboye bibumbira muri Koperative bagamije gukora bagatera imbere binyuze mu nzira nyayo.

‘Uburembetsi’ ni ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge na magendu bukorwa binyuze mu kuvana ibicuruzwa mu mahanga( cyane cyane muri Uganda) bikanyuzwa mu nzira zitazwi.

Akenshi biba ari za caguwa, ibiyobyabwenge nka kanyanga, urumogi n’ibindi, kandi ntibisora.

Kuba ubwo bucuruzi butemewe n’amategeko, bituma ababukora bahora bacengana na Polisi, binyuze mu guca mu nzira z’ubusamo bita ‘Njia ya Panya’ bazihuriramo na Polisi ikabafunga abarebye nabi ikabarasa.

Umwe mu banyamuryango b’iriya Koperative akanayiyobora witwa Julienne Murekatete yabwiye itangazamakuru ati: ‟Njye nafunzwe inshuro umunani. Twabivuyemo kubera ingaruka byatugiragaho zirimo guhora muri Transit Centre [aho bajyana inzererezi], guhora ugenda ukebera. Sinagombaga kugera ahantu hari ubuyobozi ngo ntafatwa, ariko ubu ndatekanye”.

Avuga ko aho abirekeye, atekanye, akora akazi ke nta rwikekwe no gucengana na Polisi.

Nk’umuyobozi wa Koperative, avuga ko we na bagenzi be basanze iyo nkunga ikwiye gushorwa mu guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi bakora, ariko baza kuwuhinduramo uw’ubucuruzi.

Yunzemo ko umushinga w’ubucuruzi bwabo uri kurangira kandi abanyamuryango bose barangije gusinya, igisigaye ari ukuwohereza mu buyobozi amafaranga akoherezwa kuri konti.

Mugenzi we witwa Nisingizwe Marie Claire nawe ashima ko iriya nkunga bahawe na Polisi ibageraho izabunganira mu guteza imbere ibyo bakora.

Abarembetsi binjiza magendu na kanyanga.

Ubu bafite ibiro bibiri bakoreramo mu isoko mpuzamipaka rya Cyanika, muri Burera kandi byabafashije kuva mu by’uburembetsi.

Gitifu yabahumurije…

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanika, Sebagabo Prince yabwiye Kigali Today ko umushinga wa Koperative Twiheshe Agaciro wateguwe neza, igikurikiye ari ukuwohereza mu buyobozi bwa Polisi, amafaranga akoherezwa.

Ati: ‟Umushinga wamaze gutegurwa, uyu munsi aba nyuma nibwo basinye, tugiye kuwohereza mu rwego rwa Polisi. Turabizi inzego z’umutekano mu gihugu cyacu imvugo ni yo ngiro”.

Gitifu avuga ko kuba amafaranga abaturage be bemerewe na Polisi yaratinze bitavuye ku bushake bwayo ahubwo ari uko abakoze umushinga bari baratekereje uw’ubuhinzi n’ubworozi ariko baza kuwuhindura uba uw’ubucuruzi.

Basanze uw’ubuhinzi utakunda mu gihe ‘saison y’ubuhinzi’ igeze kure irangira.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru Superintendent of Police( SP)Jean Bosco Mwiseneza avuga ko inkunga Polisi yemereye abaturage ihari.

Yabwiye Taarifa Rwanda ati: “Bari barateguye umushinga w’ubuhinzi basanga igihe cyo guhinga ibirayi cyararangiye bakora umushinga wo gucuruza imyaka ubu ibisabwa byose byamaze gutungana bagiye guhabwa amafqaranga batangire umushinga wo gucuruza imyaka”.

Avuga ko hari bamwe muri bo bumvaga ko bahabwa amafranga bakayagabana, buri munyamuryango akajya kwikorera ku giti cye, abandi bakumva ko  bayahabwa bakajya kwishyuramo imyenda bafite ahandi.

Yavuze ko rwose amafaranga yabo ahari kandi atatinze kubageraho.

TAGGED:AbarembetsiAbaturageBureraCyanikafeaturedKoperativeMagenduNamuhoranyeUmurenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Umugore Yishe Umugabo We Nawe Ariyahura
Next Article Inkomoko Y’Ubukire Bwa Arabie Saoudite Ni Igitekerezo Cy’Umwongereza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umutekano Mu Muhanda Uvuze Byinshi – Minisitiri Biruta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?