Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burera: Biba Ihene Bakagurisha Inyama Zazo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Burera: Biba Ihene Bakagurisha Inyama Zazo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 August 2025 12:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bafashwe bakiba aya matungo magufi
SHARE

Mu rukerera rwo kuri uyu wa 9 Kanama, Polisi ikorera  mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera k’ubufatanye n’abaturage yafatiye mu cyuho abagabo babiri bari bibye ihene ebyiri z’umuturanyi.

Ni nyuma y’uko bitwikiriye ijoro n’imvura bakiba ihene mu rugo rwa Hategekimana Gérard bamaze kwica urugi rw’igikoni zararagamo.

Amakuru avuga ko akenshi abantu biba amatungo muri ubwo buryo bayabaga, inyama zayo bakazigurisha na ba mucoma.

Hari n’ubwo bajya kuyagurisha ari mazima, abayaguze nabo bakazayagurisha mu bice bitandukanye nibyo yibwemo.

Ku byerekeye ubujura bwakorewe mu Cyanika, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru IP Ignace Ngirabakunzi yabwiye Taarifa Rwanda ko abaturage bari bazindutse kare kare ari bo bahuye n’abo bantu bababaza aho bajyanye izo hene ayo masaha.

Mu gihe abandi bari bakijijinganya, abo baturage bahise babafata, bahamagara Polisi kuko batabashiraga amakenga.

Yahageze isanga koko abo bantu bari bamaze kwiba ihene zo kwa Hategekimana.

Hategekimana nawe hagati aho yari arimo ashakisha abamwibye kuko ubwo yabyukaga yasanze ntaziri mu gikoni aho zararaga.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru ati: “Dushimira abaturage uruhare bagira mu gukumira no kurwanya ibyaha kuko igihe cyose bagize amakenga bahamagara Polisi kugira ngo ikurikirane. No kugira ngo, bafatwe ni uruhare rw’abaturage bamenye ingaruka z’icyaha”.

Ubujura bwaba ubw’amatungo cyangwa ubundi bwose, Polisi ivuga ko izakurikirana ababukora.

Abazi iby’amatungo, bemeza ko nta hene ihebeba mu ijoro, kereka iyo ari ‘inkunguzi’.

Aba bakekwaho ubujura buvugwa muri iyi nkuru bafungiye kuri station ya Polisi ya Cyanika, kugira ngo bakurikiranwe n’inzego zibishinzwe.

TAGGED:AbaturageBureraIheneInyama
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Zelensky Ati: ‘ Nta Butaka Tuzemera Guha Uburusiya’
Next Article Nyanza: Polisi Yafashe Abamburaga Abandi Ibyabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inganda Z’Intwaro Zungutse 5.9% Kubera Intambara Ya Ukraine N’Iya Gaza

Gisagara: Bakurikiranyweho Guca Umucuruzi Ijosi

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

I Rulindo Ngo Bagira Isuku Nyinshi

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Hong Kong: Abishwe N’Inkongi Barakabakaba 100

You Might Also Like

Mu Rwanda

Uburayi: Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Baganiriye Ku Iterambere Ry’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Guverineri Kayitesi Asobanura Uko Abatuye Intara Ye Bava Mu Bukene

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abahitanywe N’Inkongi Muri Hong Kong Biyongereye, Ikizere Ku Barokotse Cyakendereye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kuba Twahurira Washington Tukagira Ibyo Twemeranyaho Ni Ikintu Cyiza-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?