Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 May 2025 10:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Antoine Cardinal Kambanda
SHARE

Arkiyepiskopi wa Kigali akaba na Perezida w’Inama y’Abepiskopi mu Rwanda, Antoine Cardinal Kambanda avuga ko nubwo yatunguwe no kumva ko ahitwa kwa Yezu Nyirimpuhwe hafunzwe, ku rundi ruhande, ari icyemezo cyabanje gutekerezwaho.

Ingoro yiswe kwa  Yezu Nyirimpuhwe iri mu Karere ka Ruhango kandi Tariki 17, Gicurasi, 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwanzuye ko ibikorwa byo gusenga aho hantu biba  bihagaritswe ‘by’agateganyo’.

Mu kumenyesha Musenyeri wa Diyoseze ya Kabgayi iby’iki cyemezo, RGB yavuze koyasanze aho hantu hatujuje ibisabwa ngo habe hari umutekano n’ituze.

Musenyeri wa Diyoseze ya Kabgayi yitwa Dr. Balthazar Ntivuguruzwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri Mata, 2025 hari isuzumwa ryakozwe na RGB ku bitabiriye amasengesho yari yahabereye, risanga ubwinshi bw’abahasengera bwarahateje umuvundo watumye hari n’abahakomerekera.

Kuri Televiziyo ya Kiliziya Gatulika ishami ry’u Rwanda yitwa Pacis TV, Cardinal Kambanda yavuze ko  amakuru y’ifungwa ryo kwa Yezu Nyirimpuhwe yayamenye amutunguye kuko yayamenye avuye mu ndege.

Hari nyuma yo kwitabira umuhango wo gutora Papa Lewo XIV.

Gusa avuga ko nubwo yatunguwe, yaje gusanga cyarafatanywe ubushishozi bwo kwirinda ko hari abantu bazahagwa cyangwa bakahakomerekera.

Yabwiye Pacis TV ati: “Nabibonye mfunguye telefoni mvuye mu ndege.  Ntabwo ndamenya ibyo ari byo nkeneye kumva ababikurikiranye, nkeneye kumva icyabaye. Bavuga ko habaye impanuka, bikenewe ko habanza kurebwa umutekano w’abahateranira”.

- Advertisement -

Yemeza ko umutekano ahantu nka hariya ari ngombwa, akemeza ko gusenga ubwabyo ntawe byateza ikibazo ariko ko bigomba gukorwa mu mutekano usesuye.

Kambanda yunze mo ku akenshi kuba hari abantu bateranira bagasengera ahantu hadatekanye biterwa n’ubujiji.

Atanga urugero rw’uko ibintu bijya gufata intera biri ho muri iki gihe, byatangiriye ku bajyaga gusengera mu buvumo, akameza ko Abakirisitu bakeneye kujijukirwa n’ibyo gusenga ari byo mu by’ukuri.

Kwa Yezu Nyirimpuhwe hasurwa cyane n’abemera barenga ibihumbi 80 buri kwezi, hafatwa nk’ahantu hera kandi abahasengeye bemeza ko baje gukira  indwara z’uburyo bwinshi.

TAGGED:featuredGusengaIkiganiroImbabaziKambandaKwa Yezu NyirimpuhwePapaUbujiji
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Hagiyeho Itsinda Ryo Kwiga Uko Kabila Yakwamburwa Ubudahangarwa
Next Article Iperereza Ryakorwaga Kuri Agathe Kanziga Ryarangiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?

Iperereza Ryakorwaga Kuri Agathe Kanziga Ryarangiye

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

DRC: Hagiyeho Itsinda Ryo Kwiga Uko Kabila Yakwamburwa Ubudahangarwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Uganda: Abaturage Bagiye Guhabwa Irangamuntu Nshya

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

U Rwanda: Igihugu Cy’Intwari Zikorera Intwaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Impuguke Ya UN Irasuzuma Uko Ubukene Buhagaze Mu Banyarwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yavuze Uruhare Afurika Ikwiye Kugira Mu Mutekano Wayo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ubutumwa Bwa IBUKA Bwamagana Iyicwa Rya Nyirangirinshuti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?