Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Depite Gamariel Mbonimana Wa PL Yeguye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Depite Gamariel Mbonimana Wa PL Yeguye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 November 2022 10:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu Badepite b’ishyaka PL witwa Hon Gamariel Mbonimana yeguye. Ni nyuma y’uko Perezida Kagame yari aherutse kuvuga ko hari Umudepite Polisi yafashe yasinze kandi atwaye imodoka.

Icyo gihe Perezida Kagame yirinze kuvuga uwo Mudepite, avuga ko azamenyekana.

Hari amakuru avuga ko  ibaruwa ye yo kwegura yayanditse ku wa Gatandatu mu gitondo.

Ku wa Gatandatu, Perezida Paul Kagame  yagaye cyane Umudepite w’Umunyarwanda Polisi iherutse gufata atwaye imodoka mu ijoro kandi yasinze.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyo gihe  Kagame yaboneyeho no gucyebura Polisi y’u Rwanda yamuretse ntimukurikirane kubera ko ngo afite ubudahangarwa ahabwa n’akazi akora.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko wa Gatanu Taliki 11, Ugushyingo, 2022 yasomye raporo za Polisi( nk’uko abikora buri gihe) asangamo iby’uwo Mudepite.

Avuga ko yahamagaye Umukuru wa Polisi y’u Rwanda amubaza icyatumye badafata uwo Mudepite ngo akurikiranwe kubera ko ibyo yakoze bitemewe n’amategeko kandi bishobora gushyira mu kaga ubuzima bw’Abanyarwanda, Umukuru wa Polisi ngo amusubiza ko Abadepite bagira ubudahangarwa.

Perezida Kagame yavuze ko iby’ubudahangarwa bya Depite bitabonerwa ibisobanuro aramutse agize abo ahitana kubera isindwe.

Umukuru w’u Rwanda ajya kuvuga kuri iyo ngingo, hari indi yari arimo atangaho umurongo y’uko abashinzwe kureba niba amategeko ashyirwa mu bikorwa bagombye kujya bakurikirana abantu baha abana inzoga.

- Advertisement -

Yavuze ko gushyiraho amategeko gusa ukibwira ko abantu bazibwiriza kuyakurikiza, ari ukwibeshya kuko ‘ntacyo uzavanamo.’

Yagize ati: “ […] nsoma reports za Polisi zose za hano mu Mujyi n’ahandi…Hari report naraye nsomye ariko abapolisi nabo nari mbamereye nabi. Bakoze report y’umuntu bafashe, ni member wa Parliament yacu , basanga yanyoye, bapimye igipimo cyari kigiye guturika kubera alcohol yanyoye. Hanyuma baza no gusanga muri records zabo bamufashe nk’inshuro eshanu, iyo ikaba iya gatandatu.”

Perezida w’u Rwanda yanenze imyitwarire y’uriya Mudepite

Muri iyo raporo, ngo handitsemo ko baretse uwo Mudepite aragenda kubera ko ubusanzwe abagize Inteko ishinga amategeko bagira ubudahangarwa.

Perezida Kagame amaze kumva ko barekuye uwo muntu yahamagaye umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda amubwira ko bidakwiye ko umuntu asinda ndetse inshuro nyinshi hanyuma abashinzwe umutekano bakamureka agakomeza gukora atyo hashingiwe ku ngingo y’uko afite ‘immunity.’

Ngo iyo immunity ntabyo yaba urwitwazo kuzageza n’ubwo azagonga umuntu akamwica.

Perezida Kagame yabajije Minisitiri w’uburabera Dr. Emmanuel Ugirashebuja wari witabiriye Ihuriro rya Unity Club,  icyo ubwo budahangarwa buvuze n’aho buva ndetse n’aho bugarukira.

Minisitiri Ugirashebuja yunze mu rya Perezida Kagame avuga ko ikibanza gukorwa ari ugukuraho icyashyira ubuzima bw’abantu mu kaga, ukabwira mu kinyabupfura uwo muntu utwaye akava mu modoka kugira ngo ataza guteza ibibazo birimo no kwica abantu.

Dr. Ugirashebuja avuga ko kubera ko ibyo bintu biba byarabaye kenshi haba hari uburyo bwo kumuvanaho ubudahangarwa, bigakorwa n’Inteko ishinga amategeko.

 

TAGGED:DepitefeaturedIntekoKagamePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M 23 Irabura Ibilometero 20 Ngo Igere i Goma
Next Article Diplomatie Mu Karere Irashyushye: Uko Dr. Buchanan Abibona…
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?