Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Ibiganiro Bya M23 Na Guverinoma Bikomeje Kunanirana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

DRC: Ibiganiro Bya M23 Na Guverinoma Bikomeje Kunanirana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 April 2025 2:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bertrand Bisiimwa: AFP PHOTO/ ISAAC KASAMANI
SHARE

Abari bahagarariye M23 mu biganiro byateguraga ibindi bizaba mu mpera za Mata, 2025, baravugwaho kubivamo kubera impamvu z’uko hari ibyo batemeranyije kandi bikomeye.

Bivugwa ko kuri uyu wa Kabiri tariki 22, Mata, 2025 ari bwo abari bahagarariye M23 mu biganiro byaberaga i Doha muri Qatar bayobowe na Bertrand Bisiimwa bagarutse muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ikindi ni uko nta kintu kigaragara wavuga ko impande zombi zagezeho mu gihe cy’ibyumweru nka bibiri zari zimaze ziganira.

Amakuru agera kuri Radio Okapi avuga ko ingingo ikomeye yateye kutumvikana igatuma ibiganiro bihagarara ari iyerekeye kumvikana ku bigomba kujya mu itangazo rusange ry’ibyemejwe.

Uruhande rwa Leta ya DRC rushaka ko muri iryo tangazo hagaragaramo ko hazaba inama izahuza Perezida Kagame na Perezida Tshisekedi baganira kuri  M23 ariko  yo ikavuga ko ibyo bitakunda kuko ibyo iganira na DRC bitareba u Rwanda.

M23 yemeza ko yazanywe no kuvuga ibibazo byayo, ko itaje kuvuga itumwe cyangwa ivugira u Rwanda.

Indi ngingo batumvikanyeho ni iy’uko impande zombi zigomba gukora ku buryo imitwe yose y’abarwanyi ishyira intwaro hasi, ibintu M23 itemera kuko ishinja DRC nayo gufasha indi mitwe myinshi iyirwanya.

M23 isaba ingabo za DRC n’abo bafatanyije barimo aba Wazalendo kuva muri Walikale, ikavuga ko kuba yaremeye kuhava ubwo yabisabwaga ari ikimenyetso cy’uko ishaka amahoro.

Radio Okapi yanditse ko ingingo ikomeye yatumye abo muri M23 bahitamo kuba bavuye mu biganiro ari uko ibyo bari baragejeje ku muhuza ngo azabirebeho na mbere yo kuganira na DRC byirengagijwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu, bityo rero ngo kuganira ntacyo byazageraho mu gihe ibintu byifashe bityo.

M23 ivuga ko kugira ngo izagaruke mu biganiro bizasaba ko ubutegetsi bwa Kinshasa bugena abandi bantu bashobora kuyitega amatwi, bakumva ibyifuzo byayo, aho kugira ngo haze abantu batumva neza icyabazanye.

Ntacyo abahuza bo muri Qatar baratangaza kuri iyi ngingo.

TAGGED:CongofeaturedIbiganiroIngaboIntambaraM23Qatar
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hoziyana Yashyize Indirimbo ‘Tugumane’ Mu Giswayili
Next Article DRC: Guverinoma Na M23 Hari Ibyo Bemeranyije…
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?