Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC Irabiba Urwango Mu Baturage Ngo Bange u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

DRC Irabiba Urwango Mu Baturage Ngo Bange u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 February 2025 7:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Patrick Muyaya: Ifoto@Radio Okapi/Blaise Ndongala
SHARE

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yasabye abatuye iki gihugu bose guhaguruka bakarwanya M23 n’u Rwanda kandi bagafasha Leta kwigarurira ibice yanyazwe.

Umuvugizi w’iyo Guverinoma witwa Patrick Muyaya niwe wabisabye mu izina ryayo, asaba n’abanyamakuru bo muri DRC gukorana na Leta mu kurwanya icyo yise ‘isebanya’ no guhindura umwimerere w’ukuri kw’ibihari.

Mu nshingano za Muyaya harimo no kwita ku itangazamakuru.

Muyaya aherutse guha ikiganiro abanyamakuru ari kumwe na mugenzi we ushinzwe ubuzima witwa Roger Kamba baribwira ko hari ingamba bashyizeho zizatuma buri muturage wese agira uruhare mu kugarura ibice byose DRC yambuwe na M23.

Muri byo harimo ko buri muturage azakoresha icyo afite iwe muri iyo nkundura yo kwirukana abantu bafite imbunda.

Andi makuru azindutse avuga muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ni ay’uko umusirikari ufite ipeti rya Colonel witwa Le Colonel Alexis Rugabisha yishwe na M23 mu mirwano yabereye ahitwa Mukwija muri Teritwari ya Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo.

Yari umuyobozi wa Brigade ya 12ᵉ brigade mu ngabo za DRC.

Yiciwe muri iki gice(Google Maps)

Umuvugizi w’ingabo za DRC witwa Général Major Sylvain Ekenge niwe wamubitse mu itangazo yaraye asohoye kuri iki Cyumweru tariki 02, Gashyantare, 2025.

Ekenge yanditse ko urupfu rwa Colonel Rugabisha ari igihombo gikomeye ku gihugu no ku gisirikare by’umwihariko.

Hagati aho i Goma, umutekano n’umutuzo byagarutse mu baturage nyuma y’uko mu Cyumweru gishize ibintu byari bikomeye, amasasu acicikana.

Icyakora Radio Okapi yanditse ko hari amasasu aherutse kumvikana mu bice by’amajyaruguru y’uyu mujyi, bikavugwa ko ari aya bamwe mu basirikare ba DRC cyangwa abarwanyi ba Wazalendo batari bishyikirije M23.

Ku wa Gatandatu tariki 01, Gashyantare, 2025 muri Goma hakozwe umuganda rusange, abaturage bifatanya na M23 kuyisukura bayikuramo ibisigazwa by’amasasu, imirambo n’ibindi biranga ahantu habaye isibaniro ry’intambara.

Hari abacuruzi batangiye gusana amaduka yabo, bashyiraho izindi nzugi n’amadirishya kuko ibya mbere byangijwe na ba rusahuriramunduru.

TAGGED:AbaturageCongoDRCfeaturedIntwaroM23MuyayaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Ingabo Za Uganda Ziyongereye Muri Teritwari Ya Lubero
Next Article Kagame Yasabye Arsenal Gukomeza Gutsinda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?