Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC Ishobora Kuza Kuba Umunyamuryango wa EAC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

DRC Ishobora Kuza Kuba Umunyamuryango wa EAC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 March 2022 5:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kabiri Taliki 29, Werurwe, 2022, haraterana Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’u Burasirazuba. Biteganyijwe ko bari bwige kandi bacyemeza ko Repubulika ya Demukarsasi ya Congo yinjizwamo.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imaze igihe ibisaba kandi kugeza ubu bisa n’aho yujuje ibisabwa byose ngo yakirwe.

Uyu Muryango usanzwe ugizwe n’ibihugu bitandatu.

Ibyo ni Tanzania, Kenya na Uganda byawutangije hakiyongeraho ibindi byawugiyemo nyuma ari byo  u Rwanda,u  Burundi na Repubulika ya Sudani y’Epfo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Imibare yerekana ko abatuye uyu Muryango bose hamwe ari abantu miliyoni 170.

Repubulika ya Demukarasi ya Congo kugeza ubu ituwe n’abaturage barenga miliyoni 90.

Iramutse yemerewe kuba umunyamuryango, byatuma abatuyee uyu ibihugu bigize uyu muryango baba miliyoni 260 ni ukuvuga ko baba baruta abatuye igihugu cya mbere gituwe cyane muri Afurika ari cyo Nigeria.

Nigeria ifite abaturage bagera kuri miliyoni 210.

Igihugu cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo ni kigari k’uburyo kiruta ibindi bihugu byose by’Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba ubibumbiye hamwe.

- Advertisement -

Gifite ubuzo bwa kilometero kare miliyoni2.4 mu gihe EAC ifite ubuso bwa kilometero kare miliyoni 1.8

Akandi karusho k’icyi gihugu ni uko gifite icyambu cya Matadi gikora ku Nyanja ya Atlantique

Ibihugu bya EAC byo bisanzwe bikoresha ibyambu bibiri  bya Mombasa na Dar es Salaam n’ibindi bito bishamikiye ku nyanja y’u Buhinde.

Umusaruro mbumbe w’ibihugu by’umuryango wa EAC ungana na miliyali 193.7 z’amadorali n’aho uwa  DRC ungana na miliyali 50 z’amadorali ya Amerika.

Kwakira iki gihugu muri EAC bizatuma  ugira ubukungu bungana na miliyali 243.7.

N’ubwo bishoboka ko Abakuru b’ibihugu bigize EAC bashobora kuza kwemera Repubulika ya Demukarasi ya Congo, kubyemeza bishobora kuza guhura n’imbogamizi y’uko iki gihugu kikibamo imitwe y’iterabwoba harimo na ADF na FDLR biri muyifatwa nk’ikora iterabwoba.

Ni igihugu kandi gikunze guhura n’ibibazo bya Politiki bigira ingaruka ku bindi byose bituranye nacyo.

TAGGED:CongoDRCEACfeaturedInamaUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida wa Zimbabwe Yatangije Inama Yahuje Abashoramari B’u Rwanda Na Zimbabwe
Next Article M23 Irashinja Leta Kutubahiriza Amasezerano Y’Amahoro Ahubwo Ikayigabaho Ibitero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?