Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Kugaruka Kwa Kabila Kwateje Impaka Mu Banyapolitiki
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

DRC: Kugaruka Kwa Kabila Kwateje Impaka Mu Banyapolitiki

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 April 2025 8:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwahoze uyobora Repubulika ya Demukarasi ya Congo Joseph Kabila yatangaje ko mu gihe gito kiri imbere azagaruka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu Burasirazuba bwayo. Byateje benshi kwibaza ikimuzanye muri iki gihe.

Uruhande rw’ishyaka riri k’ubutegetsi UDPS ruvuga ko nta kindi kimuzanye kitari ugukurana na M23 na AFC kuko ngo n’ubundi asanzwe ari we washinze AFC.

Ruvuga kandi ko Kabila akorana n’u Rwanda, akaba ari we wahaye akazi Corneille Nangaa uyobora AFC.

Umunyamabanga w’ishyaka UDPS riri ku butegetsi i Kinshasa witwa Augustin Kabuya yagize ati: “ Ndasaba abaturage bacu kudatega amatwi cyangwa ngo bakorane neza Kabila ahubwo ko bose bakwiye gukorana na Perezida Félix Tshisekedi kuko ari we ufite indangagaciro zo gukunda igihugu cyacu. Nangaa ni umukozi wa Kabila kandi bombi bakorana n’u Rwanda”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kabuya avuga ko bidatangaje kuba Kabila ahisemo kugaruka mu gihugu kandi akinjirira mu gice AFC/M23 igenzura.

Ku ruhande rw’ishyaka rya Kabila ryitwa PPRD, bo bavuga ko ibyo abo ku butegetsi bavuga nta shingiro namba bifite.

Umunyamabanga Uhoraho wungirije w’iri shyaka witwa Ferdinand Kambere avuga ko ibyo Augustin Kabuya avuga bidakwiye guhabwa agaciro.

Ati: “ Ni imvugo yuizuye ibinyoma. Kubera ko babuze ayo bacira n’ayo bamira, bahitamo kwirirwa babeshya abaturage mu rwego rwo kubahuma umutima”.

Joseph Kabila aherutse kubwira Jeune Afrique ko nyuma y’igihe kirekire aba mu buhungiro, igihe kigeze ngo atahe iwabo ajye gutanga umusanzu we mu kuhagarura amahoro.

- Advertisement -

Yirinze gutangaza igihe nyacyo azatahira.

TAGGED:featuredGutahukaIntambaraKabilaPPRDUDPSUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Umukozi Wa RIB Arareganwa Na Gitifu
Next Article Gatandara Ya Rusizi Aho Interahamwe Zaririye Inyama Z’Abatutsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?