Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Ubushita Bw’Inkende Bwageze Mu Mfungwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbuzima

DRC: Ubushita Bw’Inkende Bwageze Mu Mfungwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 September 2024 9:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri gereza iri i Kisangani haravugwa abagororwa 97 banduye ubushita bw’inkende, indwara imaze kuba icyorezo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Muri abo abagera kuri 23 nibo bamaze kwemezwa ko koko iyo ndwara yabafashe.

Inzego z’ubuzima muri Kisangani zaraye ziteranye zigira hamwe by’igitaraganya iby’iki kibazo cyamaze kugera mu bantu bafunzwe kandi ubusanzwe baba bazwiho kugarizwa n’indwara bitewe n’ubucucike bw’aho baba.

Gereza ya Kisangani irimo imfungwa 1,222 kandi abayizi bavuga ko icucitse n’ubwo wumvise uwo mubare wakumva ko abo bantu ari bacye.

Radio Okapi yazindutse yandika ko hari itsinda ry’abaganga boherejwe kuri iyo gereza ngo bite ku banduye ari nako barinda ko benshi bandura.

Dr. Bienvenu Ikomo ushinzwe ubuzima mu Ntara ya Tshopo avuga ko abagize iryo tsinda bari gukora uko bashoboye ngo barinde ko abantu benshi bandura iyi ndwara iri mu zandura cyane kurusha izindi.

Muri iryo tsinda harimo n’abajyanama mu by’ubuzima bwo mu mutwe bagiye guha abantu ubufasha bwo mu mutwe.

Hagati aho kandi hari inkingo z’iyi ndwara zamaze kugera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo zitanzwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS,  ngo zikingire abantu 15,000 byamaze kwemezwa ko bayanduye.

Muri rusange abagera ku 18,000 nibo bayivugwaho.

TAGGED:CongoDemukarasiInkendeInkingoRepubulikaUbushita
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Ari Muri Indonesia
Next Article Ubuso Buhingwa Mu Rwanda Bwarongerewe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?