Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Umudepite Arasaba Ko Kurya Imbwa Bigirwa Icyaha Gihanwa N’Itegeko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Umudepite Arasaba Ko Kurya Imbwa Bigirwa Icyaha Gihanwa N’Itegeko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 April 2023 2:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Nteko rusange y’Abadepite mu Nteko ishinga amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo umwe mu Badepite  yabwiye bagenzi be ko igihe kigeze ngo hatorwe itegeko rihana abarya imbwa n’injangwe kubera ko aya matungo yo mu rugo agiye gushira ho.

Yagize ati: “ Nimureba neza muzasanga imbwa n’injangwe bitakijarajara mu mihana hafi y’aho mutuye. Nta kindi kibitera ni uko  abantu bazigerereye bazirya.”

Avuga ko mu rwego rwo kurinda ko zazaribwa kugeza nta n’imwe isigaye, ari ngombwa ko hatorwa itegeko rihana buri wese urya imbwa cyangwa injangwe.

Uyu mudepite avuga ko uwo kiriya cyaha cyahama yajya ahanishwa imyaka iri hagati ya 10 n’imyaka 20 y’imirimo nsimburagifungo, ibyo bita servitude pénale.

Bumwe mu bwoko bw’abaturage ba DRC bakunda inyama y’imbwa ni abitwa Baluba.

Aba bantu bavuga ko inyama yayo iba yumutse kandi igirira akamaro ‘kanini’ umubiri w’uwayiriye.

Ikindi gihugu ku isi kivugwamo gukunda inyama z’imbwa cyangwa injangwe ni Koreya y’Epfo.

Mu gihe aba Baluba bakunda kurya imbwa, abitwa Bangala bo bakunda kurya ibinyamunjonjorerwa n’aho abitwa Bandudu bo bagakunda kurya inzoka.

Ntibiramenyakana niba icyifuzo cy’uriya mudepite cyo gutora itegeko rihana abarya imbwa cyatorewe cyangwa cyatewe utwatsi.

Icyumba inteko ishinga amategeko ya DRC ikoreramo
TAGGED:ImbwaInyamaItegekoUmudepite
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rutsiro: Uwihaye Imana Akurikiranyweho Kwimana Ambulance Yo Gutabara Umurwayi
Next Article Perezida Kagame Agiye Gusura Benin
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ubuhinde: Igitero Cy’Iterabwoba Kishe Abantu Umunani 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?