DRC Yaguze Izindi Ntwaro

Video iri kuri X irerekana abaturage baje ku muhanda kwishimira imodoka z’intambara zirimo intwaro bivugwa ari izo ingabo za DRC ziherutse gutumiza.

Abaturage bari benshi ku muhanda bakomera amashyi abasirikare batambukaga bari muri izo modoka, abandi biruka n’amaguru bafite imbunda mu ntoki kandi bambaye nk’abishimiye icyo gikorwa cy’ubutwari.

Amwe mu majwi y’abaturage bari baje aho ibyo babereye, barumvikana mu Ilingala bavuga ko u Rwanda rwa Kagame rugiye guhura n’ibibazo, ko abishatse yahindura ‘discours.’

- Advertisement -

Iby’izi ntwaro bitangajwe nyuma y’igihe gito cyane Perezida Tshisekedi atangaje ko ibyo gutera u Rwanda atakibishyira mu biza ku mwanya wa mbere ahubwo ko ashaka ko ibiganiro by’amahoro ari byo byimakazwa.

Ibi aherutse kubitangariza mu kiganiro yahaye abanyamakuru kuri uyu wa Kane cyari kiyobowe na Minisitiri ushinzwe itumanaho Patrice Muyaya.

Tshisekedi yari aherutse kuvuga ko nta ntambara agiteganya ku Rwanda

Hagati aho kandi byitezwe ko Perezida w’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba, Salva Kirr(asanzwe ayobora na Sudani y’Epfo) ari bugere i Kinshasa mu ruzinduko rw’akazi rugamije kunga u Rwanda, Uburundi na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Yabanje mu Rwanda, akomereza mu Burundi akaza kurangiriza urugendo rwe i Kinshasa.

Kirr ari guhuza ibi bihugu

Mu Cyumweru kizatangira kuri uyu wa Mbere taliki 26, Gashyantare, 2024 hari Inama y’Abakuru b’ibihugu birebwa n’ikibazo kiri mu Burasirazuba bwa DRC  izabera i Luanda muri Angola kwa Joao Lorenco wagizwe umuhuza mu kibazo cya DRC, izi nshingano akaba yarazihawe n’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe.

Perezida wa Angola mu minsi yatambutse yasuye u Rwanda
Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version