Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dushima Ko Mwatabarije Abahigwaga- Kagame Abwira Perezida Wa Tchèque
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Dushima Ko Mwatabarije Abahigwaga- Kagame Abwira Perezida Wa Tchèque

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 April 2024 3:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yabwiye mugenzi we uyobora Repubulika ya Tchèque ko u Rwanda rutazibagirwa uko igihugu cye cyatabarije Abatutsi bicwaga muri Jenoside mu gihe ahandi bari baryumyeho.

Yabimubwiriye mu kiganiro gito cyabaye nyuma yo kugirana ikindi cyabereye mu muhezo nyuma yo kumwakira.

Kagame yavuze ko Republika ya Tchèque yakoze igikorwa cy’ubutwari ubwo yazamuraga ijwi ryatabarizaga abari bari mu kaga bahigwa bukware.

Yabwiye mugenzi we Petr Pavel ko kiriya gikorwa cyatumye hagati ya Kigali na Prague havuka ubucuti bukomeye.

Ati: “ Ubwo bufatanye bwo gutabariza abari bari mu kaga buzahora bwibukwa kandi byatumye tuba inshuti nyazo”.

Kagame yabwiye Pavel ko ubu u Rwanda rukorana neza na Repubulika ya Tchèque kandi iyo mikoranire iri mu nzego zirimo n’iz’umutekano.

U Rwanda rufitanye amasezerano y’imikoranire na Tchèque yagutse iva mu by’umutekano igera no mu rwego rw’ubuzima.

Iki gihugu kiyemeje kuzarufasha kugira urwego rw’ubuzima rukomeye, rufite ibikorwaremezo n’abakozi bashoboye.

Perezida Petr Pavel yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu akaba aje kwifatanya n’isi kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

TAGGED:featuredJenosideKagameKwibukaPavelRepubulikaTchequeUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ramaphosa Arasura U Rwanda
Next Article Ramaphosa Araganira Na Kagame Ku Bibera Muri DRC- Minisitiri Pandor
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?