Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gachagua: Visi Perezida Wa Mbere Wa Kenya Wegujwe Mu Mateka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Gachagua: Visi Perezida Wa Mbere Wa Kenya Wegujwe Mu Mateka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 October 2024 11:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Rigathi Gachagua
SHARE

Mu mateka ya Politiki ya Kenya nibwo bwa mbere Visi Perezida wayo yegujwe na Sena. Sena niyo yari isigaye ngo yemeze ko Rigathi Gachagua wari Visi Perezida wa Kenya yegura.

Rigathi Gachagua ashinjwa ibyaha 11 birimo no kubiba amacakubiri mu baturage, ayo macakubiri akaba ri yarabaye intandaro y’imyigaragambyo iherutse gukorwa n’urubyiruko ikagwamo benshi.

Gachagua w’imyaka 59 y’amavuko ashinjwa  ruswa, kunyereza umutungo w’igihugu, kubiba amacakubiri n’urwango bishingiye ku moko, gukoresha umwanya we mu nyungu ze bwite, kubangamira imikorere ya guverinoma, no gushyigikira imyigaragambyo yabaye muri Kamena yaguyemo abantu 50.

Iyo myigaragambyo yaje no kugeza ubwo abayikoraga batwikaga Ingoro y’Inteko Ishinga amategeko ya Kenya, ikintu cyarakaje Perezida wa Repubulika.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Rigathi yari aherutse kwandikira Urukiko rukuru i Nairobi asaba guhagarika umugambi wo kumweguza ku mwanya we.

Avuga ko kumweguza ari intego za Politiki, ko atari ibyaha yakoze.

Itegeko Nshinga rya Kenya rivuga ko kugira ngo Gachagua ahite ava ku butegetsi ako kanya bisaba ko byibura 2/3 by’abagize Sena bagomba kumwemeza ibyaha.

Bivuze ko byibura amajwi 45 kuri 68 y’Abasenateri agomba kubyemeza.

Ni mu gihe Abasenateri 53 ari bo batoye icyemezo cyo kumweguza.

- Advertisement -

Ese ni muntu ki?

Geoffrey Rigathi Gachagua yavutse taliki, 28, Gashyantare, 1965.

Abaturage bo muri Kenya bamuhimba  “Riggy G”.

Mbere y’uko aba Visi Perezida wa Kenya Gachagua yari Umudepite wari uhagarariye Intara ya Mathira hagati y’umwaka wa 2017 n’uwa  2022.

Ubwo William Ruto yatorwaga mu mwaka wa 2022 nibwo yahise amutoranya ngo azamubera Visi Perezida.

Bombi baje gutorwa ubwo bagiraga amajwi ari hejuru ya 50% y’abatoye bose.

Yigeze no gukora muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ashinzwe ubukarani, ari umunyamabanga wungirije, yabaye umukozi wungirije muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe gucungira hafi ibikorerwa muri yo.

Gachagua yavukiye mu Mudugudu wa Hiriga muri Nyeri, Se ni  Gachagua Reriani, Nyina akaba Martha Kirigo.

Se na Nyina barwanye mu bahoze bagize itsinda ryashakaga ubwigenge bwa Kenya ryitwaga Mau Mau bakoreraga mu ishyamba.

Umubyeyi we yari ashinzwe gushakira abo barwanyi imbunda n’ibindi bikoresho byo kubafasha mu ntambara.

Umwe mu bavandimwe be witwa Nderitu Gachagua yabaye Guverineri wa mbere w’Intara ya Nyeri( Intara iwabo bayita County).

Guhera mu mwaka wa 1971 kugeza mu mwaka wa 1977 yize amashuri abanza ahitwa Kianyaga High School, mu mwaka wa 1985 ajya muri Kaminuza ya Nairobi yiga Politiki n’ubuvanganzo aharangiza mu mwaka wa 1988.

Muri iyo Kaminuza, Gachagua abaye umuyobozi w’abanyeshuri, abo bita Dean.

Yayoboye ndetse n’Ihuriro ry’abanyeshuri bigiraga indimi muri iyo Kaminuza.

Yakomeje kwiga kuko mu mwaka wa 1990 yaje kujya kwiga Politiki mu kigo kitwa Administration Police Institute.

Aho arangirije amasomo, yahawe akazi mu Biro bya Perezida Daniel Arap Moi hari hagati y’umwaka wa 1991 n’umwaka wa 1992.

Mu zindi nshingano zikomeye yahawe harimo no kuba Umukozi ushinzwe gahunda zose za Perezida Uhuru Kenyatta, hari mu mwaka wa 2001 kugeza mu mwaka wa 2006.

Ibi yarabikomeje ariko aza no kwikorera ubucuruzi hagati y’umwaka wa 2007 na 2017.

Rigathi afite umugore witwa Dorcas Wanjiku Rigathi wahoze ari umukozi ukomeye muri Banki, ariko ubu akaba ari umupasiteri mu Ntara ya Mathira.

Bafitanye abana babiri ari bo Kevin na Keith Gachagua.

Ubu yegujwe ari mu bitaro kuko mu minsi mike ishize yafashwe n’indwara yamubabazaga mu gituza, ajyanwa kwa muganga.

TAGGED:featuredGachaguaImyigaragambyoIndwaraKenyaPolitikiSenaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Igitero Cyo Kwivugana Yahya Sinwar Cyagenze…
Next Article Polisi Yasubije Umuyapanikazi Ibikoresho Yibwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?