Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Baratakambira Ubuyobozi Ngo Bububakire Ikiraro Cyambuka Umugezi Wa Base
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Baratakambira Ubuyobozi Ngo Bububakire Ikiraro Cyambuka Umugezi Wa Base

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 December 2025 9:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Iki kiraro kirashaje k'uburyo giteye impungenge abagicaho.
SHARE

Abatuye mu Kagari ka Kagoma mu Murenge wa Gakenke ahari ikiraro cyambuka umugezi wa Base baratabaza inzego ngo zibasanire ikiraro kiwambuka kuko kiri mu manegeka kandi abana babo bashobora kukigwamo. Abacuruzi nabo baratakamba…

Iki kiraro gifite imbaho zidigadiga, bityo bigatera impungenge ko kizaridukana abantu.

Cyubakishijwe imbaho n’ibiti bishaje kikaba kitagifite ubushobozi bwo kwikorera imodoka ziremereye n’abantu benshi mu gihe baba bagiciyeho mu gihe kirekire cyanecyane mu bihe by’imvura.

Abahinzi b’inanasi bo muri aka gace bavuga ko imiterere y’iki kiraro muri iki gihe, yatumye umubare w’imodoka zabatundiraga inanasi zizijyana mu masoko abakikije ugabanuka.

Nzitonda Samuel yabwiye Imvaho Nshya ati: “Twe abahinzi b’inanasi turahomba cyane. Nta modoka ziza gufata umusaruro wacu kubera gutinya iki kiraro. Tureza bikangirika cyangwa tukabigurisha ku giciro gito twanga ko bituborana.”

Abafite abana bicyambuka bajya cyangwa bava kwiga bavuga ko babangamiwe bikomeye n’iki kibazo.

Mukamana Jacquéline ati: “Iyo imvura iguye, turahangayika. Abana bacu banyura kuri iki kiraro bajya ku ishuri, tukagira impungenge ko imvura ishobora kugitwara cyangwa kikagwa bari kugicaho.”

Abashoferi baca kuri iki kiraro bajya cyangwa bava kurangura inanasi cyangwa ibindi bicuruzwa nabo barahanganyitse.

Imiterere ya kiriya kiraro ituma batinya kugicishaho za Daihatsu zabo banga ko zazagwamo.

Umurenge wa Gakenke muri Gakenke ugira umusaruro urumbutse w’inanasi n’ibisheke.

Abacuruzi bifashisha imodoka zapakira inanasi n’ibisheke kugira ngo babigeze ku isoko babyambukije ikiraro kiri ku mugezi wa Base.

Gusa bisa bisaba gufunga umwuka!

Hari umushoferi wabivuze atya: “Sinshobora gushyira imodoka yanjye kuri kiriya kiraro. Kuko cyakwangirika byoroshye kandi ushobora kukinyuzaho imodoka kigashwanyuka. Ibyo bituma tutagera ku bacuruzi bajya kurangura imyaka bityo ubucuruzi bukahazaharira.”

Ubuyobozi hari icyo buteganya

Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Niyonsenga Aimé François yizeza abaturage ko icyo kiraro kiri ku rutonde rw’ibindi  bizakorwa mu buryo burambye.

Ati: “Iki kibazo kirazwi. Mu rwego rwo kwirwanaho, Akarere, ku bufatanye n’abaturage, twabanje gushyiraho imbaho n’ibindi biti kugira ngo nibura abanyamaguru n’imodoka nto babashe kuhanyura. Ariko igisubizo kirambye kiri hafi kuza.”

Avuga ko, ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Guteza Imbere Ubwikorezi (RTDA), hateganyijwe kubakwa ikiraro cy’ibyuma.

Niyonsenga ati: “Rwiyemezamirimo yamaze guhabwa isoko, kandi ubu yatangiye gukusanya ibyuma bizubakishwa iki kiraro. Bizafasha mu koroshya imigenderanire n’ubuhahirane by’abaturage, ku buryo nibura mu ntangiriro z’umwaka wa 2026 imirimo yo kubaka iki kiraro izaba yatangiye.”

Abaturage basaba ko iki gikorwa cyihutishwa, kugira ngo bumve  batekanye kuko iyo bibutse ko abana babo bahaca bajya kwiga bibakura umutima.

Ifoto: Imvaho Nshya

TAGGED:AbaturageBaseGakenkeIkiraroInanasiUmugezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Urwego Rw’Ubuzima Bw’Abanyarwanda Ruteye Mu Myaka Itanu Ishize
Next Article Burundi: Impunzi Ziva Muri DRC Zirugarijwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?