Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Basanze Uruhinja Mu Ishyamba Baruhataye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Basanze Uruhinja Mu Ishyamba Baruhataye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 November 2022 7:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke umugore wihitiraga yasanze uruhinja ku kayira gaturiye ishyamba baruhataye.

Amakuru avuga ko rufite hagati y’ukwezi n’igice n’amezi abiri, rukaba ari umuhungu. Uwaruhataye yaruryamishije mu gitenge ararusegura arangije arigendera.

Uwarutoye ni umugore wihitiraga aho ngaho witwa Epiphanie Ntakobatagira wasanze urwo ruhinja ku kayira gaturanye n’ishyamba n’urubingo ndetse n’ibishyimbo biteye mu isambu y’abitwa Florida Bihoyiki  na Rumaziminsi.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gakenke witwa Félicien Cyubahiro yabwiye Taarifa ko bakimara kumva ayo makuru bahise bihutira kujyana urwo ruhinja ku bitaro bya Nemba ngo rwitabweho rushyirwe ahantu hatuma rushyuha kandi ruhabwe insimburabere kuko Nyina we yarutaye.

Cyubahiro ati: “ Amakuru twayamenye byabaye, umwana twamujyanye  kwa muganga ngo ahabwe amata, ashyirwe n’ahantu hamurinda ubukonje turebe ko twaramira ubuzima bwe.”

Avuga ko inzego z’umutekano n’ubuyobozi bari gushakisha uwaba yataye ruriya ruhinja gusa ngo kumumenya biragoye kubera ko abaturage baturiye aho uwo mwana yatoraguwe, barebye basanga batazi nyiri igitenge uwo mwana yari aryamishijwemo.

Icyakora ngo barakomeza bakorane n’abaturiye Umurenge wa Gakenke barimo abo mu Murenge wa Nemba kugira ngo bahanahane amakuru barebe niba uwataye ruriya ruhinja yamenyekana.

Atanga ubutumwa busaba abakobwa baterwa inda bagatereranwa ko aho kugira ngo ingaruka baziture uruhinja, bajya begera inzego zikabafasha kwita kuri abo baziranenge.

Ati: “ Ibyakozwe ni ukwambura umwana uburenganzira bwo kubaho. Uwaba yumva ko yatewe inda n’umuntu atemera hari amategeko ahari yabikemura, byaba ari ubukene Leta ifite uburyo bwo gufasha abatishoboye.”

Gitifu w’Umurenge wa Gakenke

Abakurikirana imibereho y’Abanyarwanda muri rusange n’iy’abangavu by’umwihariko bavuga ko hari abakobwa bahitamo guta abana babo cyangwa bakihekura kubera ko baba baratewe inda imburagihe bagatereranwa, bigatuma badatekereza kure ngo barinde abana babo ahubwo bakaba ari bo batura ibibazo.

Bavuga ko kubyara umwana kandi nawe akiri umwana bihungabanya imitekerereze y’umukobwa akenshi uba ukomoka no mu muryango utifashije agahitamo guta uwo yibarutse akigendera.

Iki kandi ni kimwe mu bibazo byugarije umuryango nyarwanda muri iki gihe.

TAGGED:AbangavuAbanyarwandafeaturedGakenkeUmurengeUruhinja
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CANAL+ RWANDA Yagabanyije Ibiciro Muri Poromosiyo Isoza Umwaka
Next Article Umunyarwanda Wabaye Mu Ngabo Z’u Bufaransa Agacyura Igihe Ashima Ko Ashaje Neza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?