Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Nyuma Y’Amasaha Yarengewe N’Ikirombe Yavanywemo Ari Muzima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Nyuma Y’Amasaha Yarengewe N’Ikirombe Yavanywemo Ari Muzima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 May 2023 12:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Gakenke, Umurenge wa Ruli, Akagari ka Jango, Umudugudu wa Murehe yatabawe  Habarurema w’imyaka 23 wari waburiwe irengero guhera kuri uyu wa Gatatu mu cya kare, nyuma y’uko hari ikirombe cyamugwiriye.

Habarurema ni mwene Banganshaka Pascal na Primite Nyiransengimana, akaba yaraguye mu cyobo ubwo yari ari kumwe na mugenzi we bagiye gutegurira abo bakorana ngo baze gutangira akazi bameze neza.

Uyu mugabo w’umunyamugisha akomoka mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke.

Yari umukozi w’ikigo gicukura amabuye y’agaciro kitwa Ruli Mining Ltd.

Abatabazi bamukuye muri uriya mwobo bavuga ko ikirombe cyamuhanukiye ariko kigasanga yarangije kugwa, ikirombe kigasanga yihishe mu mwenge binjiriramo bajya imbere cyane mu kirombe bityo ibitaka n’ibiti ntibyashobora kumugeraho.

Habarurema ugaragaraho itaka ryinshi avuga ko muri rusange ameze neza uretse ko atabasha kumva kubera ko amazi yamugiye mu matwi kandi akaba ababara ku gice cyo hasi y’amaguru.

Yajyanywe mu bitaro bya Ruli kwitabwaho n’abaganga.

Igikorwa cyo kumushakisha cyari cyahuruje imbaga harimo n’abayobozi ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru.

TAGGED:featuredGakenkeIbitaroIkirombeRuliUmurenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Paris Saint Germain Yongereye Amasezerano Ya Visit Rwanda
Next Article Iburanisha Rya Dubai Ryakomeje, Ibyaha Areganwa N’Abandi Babihakanye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?