Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Abari Kuvugurura Stade Amahoro Babonye Umubiri W’Uwazize Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: Abari Kuvugurura Stade Amahoro Babonye Umubiri W’Uwazize Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 April 2023 7:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakozi bari kuvugurura Stade Amahoro babwiye Taarifa ko hari umubiri w’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wahabonetse.

Ni amakuru yari yatangiye kuvugwa kuri uyu wa Kane taliki 13, Mata, 2023 umunsi u Rwanda rurangirizaho icyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Igice cyabonetsemo uwo mubiri giherereye ku rubavu rugana kuri BK Arena, kikaba cyarazitiwe kugira ngo hatagira uhegera akaba yagira ibyo yangiza.

Ubwo Jenoside yakorerwaga Abatutsi yabaga, hari bamwe mu Batutsi bo muri Remera na Kimironko no mu nkengero z’aho bahungiye muri Stade Amahoro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Interahamwe ndetse n’ingabo za Leta yakoze Jenoside zahiciye Abatutsi benshi bamwe barashyingurwa ariko abandi ntibyakunda.

Bikekwa ko umubiri wabonetse ari uw’umugore witwaga Josepha Mukantagara.

Nyakwigendera yasize umwana w’umukobwa witwa Kayitesi kandi ngo uyu yemeje ko uwo mubiri ari uwa Nyina kuko yabonye imyambaro ye arayimenya.

Mukantagara yarashwe n’Interahamwe.

Umunyamabanga nshingwabikorwa wa IBUKA witwa Naphtal Ahishakiye yabwiye Taarifa ko kuba hari umubiri cyangwa imibiri yaboneka kuri Stade Amahoro ari ibintu byumvikana kubera ko hari Abatutsi benshi bahahungiye.

- Advertisement -

Ati: “ Nk’uko bimeze n’ahandi henshi mu Rwanda, hari ahantu imibiri izagenda iboneka kuko hari myinshi tutarabona ngo ishyingurwe. Kuba hari iyaboneka kuri Stade Amahoro nta gitangaje kirimo. Gushyingura ni umurimo tuzakora no mu gihe kinini kiri imbere.”

Ahishakiye asaba abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi gukomeza kwihangana kandi abazi aho imibiri iri bakahavuga kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.

Umubiri wa nyakwigendera wabaye uruhukiye ku Murenge wa Remera mu gihe hagitegurwa uko uzashyingurwa mu cyubahiro.

Kubera ibyabereye kuri Stade Amahoro, birashoboka ko hari indi mibiri ‘ishobora’ kuzahaboneka.

Aho hazitiye ni ho uwo mubiri wabonetse
TAGGED:AbatutsifeaturedGasaboImibiriInterahamweJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Bisi Ya Trinity Yakoze Impanuka Ihitana Bane Barimo Umugore Utwite
Next Article Perezida Kagame Nava Muri Bénin Azagana Muri Guinée
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?