Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Hatashywe ubukarabiro bugezweho bugenewe ikigo nderabuzima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: Hatashywe ubukarabiro bugezweho bugenewe ikigo nderabuzima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 December 2020 1:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Gasabo barimo Ikigo WaterAid na Heineken Africa Foundation bafatanyije n’ubuyobozi bw’Umurenge  n’Akarere batashye ubukarabiro bushya bugenewe abagana Ikigo nderabuzima cya Kinyinya.

Muri kiriya gikorwa kandi hari uwari uhagarariye Minisiteri y’ubuzima witwa Eddy Rugaravu.

Rugaravu yavuze ko nta kindi gihe abantu bigeze bakenera amazi meza yo gukaraba kurusha muri iki gihe Isi yugarijwe na COVID-19.

Ati: “ Mu gihe Isi ihanganye n’icyorezo cya COVID-19,  gukaraba intoki n’amazi meza, ahagije kandi n’isabune ni ingenzi. Abantu bagomba kubigira umuco kandi isabune ntihenda.”

Rugaravu Eddy niwe wari uhagarariye Minisiteri y’ubuzima

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Kinyinya Bernadette Mureshyankwano yashimiye cyane WaterAid ibikorwa remezo yabagejejeho, avuga ko  bizafasha ababagana kongera isuku.

Abahanga mu kuvura indwara bemeza ko gukuraba intoki neza kandi kenshi bigabanya umubare w’indwara abantu bandura cyane cyane iziterwa n’umwanda.

Lambert Karangwa wari uhagarariye abakozi ba WaterAid muri uriya muhango yashimiye  Reserve Force yabafashije mu kubaka  buriya bukarabiro, ubu bakaba bamaze kubaka ubumeze nkabwo umunani muri Gasabo, Kicukiro na Nyarugenge.

-Muri Nyarugenge bubakiye Ikigo nderabuzima cya Muhima, icya Mwendo n’icya Nyarurenzi.

-Muri Gasabo babwubakiye Ikigo cya Rubungo, Ikigo cya Kinyinya, n’Ikigo cya Nyacyonga.

-Muri Kicukiro bubakiye Ikigo cya Masaka,  n’Ikigo cya Kicukiro.

Lambert Karangwa wari uhagarariye abakozi ba WaterAid muri uriya muhango

Akamaro ko gukaraba intoki ni kanini:

Abahanga bo mu kigo kitwa Center for Diseases Control and Prevention(CDC) bavuga ko gukaraba intoki neza kandi kenshi bigirira akamaro uzikarabye kandi bikarinda na bagenzi be ko abanduza.

N’ubwo Abanyarwanda dukunda guherezanya ibiganza dusuhuzanya ariko burya mu biganza by’abantu ni mu ndiri y’umwanda mwinshi.

Gukaraba intoki neza kandi kenshi bifasha abantu kutanduza amaso yabo iyo bibyiringira, iyo bikora ku mazuru, ku munwa n’ahandi hasa n’amarembo ageza umwanda mu nda cyangwa mu zindi ngingo.

Ikindi kiza cyo gukaraba intoki ni uko iyo umuntu akarabye agiye gutegura amafunguro bituma atanduza ibyo agiye guteka ni ukuvuga imboga cyangwa ibindi.

Biba akarusho kandi iyo umuntu akarabye iyo agiye kurya kuko mu gutamira umuntu aba ashobora no kwikora ku munwa bigatuma hari imyanda imwinjira mu kanwa.

Isuku y’intoki irinda indwara zirimo izifata uruhu, amara, imyanya y’ubuhumekero n’amaso.

Iyi ‘Kandagira ukarabe’ niyo bakoreshaga bose
TAGGED:featuredGasaboIkigoIntokiKinyinyaMinisiteriUmurenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Yafatanywe ibilo 170 bya gasegereti ya magendu
Next Article Kagame yakiriye inyandiko zemerera ba Ambasaderi 3 gutangira akazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?