Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Hatashywe ubukarabiro bugezweho bugenewe ikigo nderabuzima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: Hatashywe ubukarabiro bugezweho bugenewe ikigo nderabuzima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 December 2020 1:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Gasabo barimo Ikigo WaterAid na Heineken Africa Foundation bafatanyije n’ubuyobozi bw’Umurenge  n’Akarere batashye ubukarabiro bushya bugenewe abagana Ikigo nderabuzima cya Kinyinya.

Muri kiriya gikorwa kandi hari uwari uhagarariye Minisiteri y’ubuzima witwa Eddy Rugaravu.

Rugaravu yavuze ko nta kindi gihe abantu bigeze bakenera amazi meza yo gukaraba kurusha muri iki gihe Isi yugarijwe na COVID-19.

Ati: “ Mu gihe Isi ihanganye n’icyorezo cya COVID-19,  gukaraba intoki n’amazi meza, ahagije kandi n’isabune ni ingenzi. Abantu bagomba kubigira umuco kandi isabune ntihenda.”

Rugaravu Eddy niwe wari uhagarariye Minisiteri y’ubuzima

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Kinyinya Bernadette Mureshyankwano yashimiye cyane WaterAid ibikorwa remezo yabagejejeho, avuga ko  bizafasha ababagana kongera isuku.

Abahanga mu kuvura indwara bemeza ko gukuraba intoki neza kandi kenshi bigabanya umubare w’indwara abantu bandura cyane cyane iziterwa n’umwanda.

Lambert Karangwa wari uhagarariye abakozi ba WaterAid muri uriya muhango yashimiye  Reserve Force yabafashije mu kubaka  buriya bukarabiro, ubu bakaba bamaze kubaka ubumeze nkabwo umunani muri Gasabo, Kicukiro na Nyarugenge.

-Muri Nyarugenge bubakiye Ikigo nderabuzima cya Muhima, icya Mwendo n’icya Nyarurenzi.

-Muri Gasabo babwubakiye Ikigo cya Rubungo, Ikigo cya Kinyinya, n’Ikigo cya Nyacyonga.

-Muri Kicukiro bubakiye Ikigo cya Masaka,  n’Ikigo cya Kicukiro.

Lambert Karangwa wari uhagarariye abakozi ba WaterAid muri uriya muhango

Akamaro ko gukaraba intoki ni kanini:

Abahanga bo mu kigo kitwa Center for Diseases Control and Prevention(CDC) bavuga ko gukaraba intoki neza kandi kenshi bigirira akamaro uzikarabye kandi bikarinda na bagenzi be ko abanduza.

N’ubwo Abanyarwanda dukunda guherezanya ibiganza dusuhuzanya ariko burya mu biganza by’abantu ni mu ndiri y’umwanda mwinshi.

Gukaraba intoki neza kandi kenshi bifasha abantu kutanduza amaso yabo iyo bibyiringira, iyo bikora ku mazuru, ku munwa n’ahandi hasa n’amarembo ageza umwanda mu nda cyangwa mu zindi ngingo.

Ikindi kiza cyo gukaraba intoki ni uko iyo umuntu akarabye agiye gutegura amafunguro bituma atanduza ibyo agiye guteka ni ukuvuga imboga cyangwa ibindi.

Biba akarusho kandi iyo umuntu akarabye iyo agiye kurya kuko mu gutamira umuntu aba ashobora no kwikora ku munwa bigatuma hari imyanda imwinjira mu kanwa.

Isuku y’intoki irinda indwara zirimo izifata uruhu, amara, imyanya y’ubuhumekero n’amaso.

Iyi ‘Kandagira ukarabe’ niyo bakoreshaga bose
TAGGED:featuredGasaboIkigoIntokiKinyinyaMinisiteriUmurenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Yafatanywe ibilo 170 bya gasegereti ya magendu
Next Article Kagame yakiriye inyandiko zemerera ba Ambasaderi 3 gutangira akazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Gisagara: Ikamyo Ya Howo Yishe Abana Babiri

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Umuyobozi Wa Polisi Ashima Umusanzu W’Iya Eswatini 

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

Icyerekezo Minisiteri Y’Uburezi Ifite Ku Mubare W’Abarimu

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

You Might Also Like

Mu mahanga

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Qatar Yasinyanye Na DRC Amasezerano Atandatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Umutekano W’Abana Urenze Indyo Yuzuye-Umuyobozi wa UNICEF Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamagabe: Ikibazo Cy’Ingo Zidafite Ubwiherero Buboneye Kirakomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?