Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Hatashywe ubukarabiro bugezweho bugenewe ikigo nderabuzima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: Hatashywe ubukarabiro bugezweho bugenewe ikigo nderabuzima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 December 2020 1:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Gasabo barimo Ikigo WaterAid na Heineken Africa Foundation bafatanyije n’ubuyobozi bw’Umurenge  n’Akarere batashye ubukarabiro bushya bugenewe abagana Ikigo nderabuzima cya Kinyinya.

Muri kiriya gikorwa kandi hari uwari uhagarariye Minisiteri y’ubuzima witwa Eddy Rugaravu.

Rugaravu yavuze ko nta kindi gihe abantu bigeze bakenera amazi meza yo gukaraba kurusha muri iki gihe Isi yugarijwe na COVID-19.

Ati: “ Mu gihe Isi ihanganye n’icyorezo cya COVID-19,  gukaraba intoki n’amazi meza, ahagije kandi n’isabune ni ingenzi. Abantu bagomba kubigira umuco kandi isabune ntihenda.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Rugaravu Eddy niwe wari uhagarariye Minisiteri y’ubuzima

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Kinyinya Bernadette Mureshyankwano yashimiye cyane WaterAid ibikorwa remezo yabagejejeho, avuga ko  bizafasha ababagana kongera isuku.

Abahanga mu kuvura indwara bemeza ko gukuraba intoki neza kandi kenshi bigabanya umubare w’indwara abantu bandura cyane cyane iziterwa n’umwanda.

Lambert Karangwa wari uhagarariye abakozi ba WaterAid muri uriya muhango yashimiye  Reserve Force yabafashije mu kubaka  buriya bukarabiro, ubu bakaba bamaze kubaka ubumeze nkabwo umunani muri Gasabo, Kicukiro na Nyarugenge.

-Muri Nyarugenge bubakiye Ikigo nderabuzima cya Muhima, icya Mwendo n’icya Nyarurenzi.

-Muri Gasabo babwubakiye Ikigo cya Rubungo, Ikigo cya Kinyinya, n’Ikigo cya Nyacyonga.

- Advertisement -

-Muri Kicukiro bubakiye Ikigo cya Masaka,  n’Ikigo cya Kicukiro.

Lambert Karangwa wari uhagarariye abakozi ba WaterAid muri uriya muhango

Akamaro ko gukaraba intoki ni kanini:

Abahanga bo mu kigo kitwa Center for Diseases Control and Prevention(CDC) bavuga ko gukaraba intoki neza kandi kenshi bigirira akamaro uzikarabye kandi bikarinda na bagenzi be ko abanduza.

N’ubwo Abanyarwanda dukunda guherezanya ibiganza dusuhuzanya ariko burya mu biganza by’abantu ni mu ndiri y’umwanda mwinshi.

Gukaraba intoki neza kandi kenshi bifasha abantu kutanduza amaso yabo iyo bibyiringira, iyo bikora ku mazuru, ku munwa n’ahandi hasa n’amarembo ageza umwanda mu nda cyangwa mu zindi ngingo.

Ikindi kiza cyo gukaraba intoki ni uko iyo umuntu akarabye agiye gutegura amafunguro bituma atanduza ibyo agiye guteka ni ukuvuga imboga cyangwa ibindi.

Biba akarusho kandi iyo umuntu akarabye iyo agiye kurya kuko mu gutamira umuntu aba ashobora no kwikora ku munwa bigatuma hari imyanda imwinjira mu kanwa.

Isuku y’intoki irinda indwara zirimo izifata uruhu, amara, imyanya y’ubuhumekero n’amaso.

Iyi ‘Kandagira ukarabe’ niyo bakoreshaga bose
TAGGED:featuredGasaboIkigoIntokiKinyinyaMinisiteriUmurenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Yafatanywe ibilo 170 bya gasegereti ya magendu
Next Article Kagame yakiriye inyandiko zemerera ba Ambasaderi 3 gutangira akazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?