Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: I Kagugu Hagiye Kubakwa Ikigo Kigoboka Ababyeyi Badaturiye Ibitaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: I Kagugu Hagiye Kubakwa Ikigo Kigoboka Ababyeyi Badaturiye Ibitaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 March 2022 6:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ahitwa Kagugu mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo hagiye kubakwa ikigo kita ku babyeyi( maternity center) kizafasha abagore batwite kubyarira kwa muganga kandi hafi yabo, abatwite nabo bakabona aho bisuzumishiriza hafi bitabaye ngombwa ko bajya Kibagabaga n’ahandi.

Kiriya kigo kizubakwa k’ubufatanye bw’Ihuriro Nyarwanda ry’Abagore ndetse n’Ikigo kitwa IHS

Kuri uyu wa Kabiri nibwo hasinywe amasezerano y’ubufatanye hagati y’iki kigo n’Ihuriro nyarwanda ry’Abagore ryitwa Rwanda Women’s Network.

Umuyobozi mukuru wungurije w’Ihuriro Rwanda Women’s Network, Madamu Ingabire Marie Immaculée wari uhagarariye ubuyobozi bwawo yavuze ko kuba  kiriya kigo kigiye kubakwa bizunganira gahunda bahuranye yo gufasha abagore kubyara neza kandi bakabyarira heza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Madamu Ingabire Marie Immaculée ari kumwe na Chrystel Intaramirwa

Ati: “Ihuriro ryacu ryatangiye mu mwaka wa 1996 rigamije gufasha abagore barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abatarayirokotse. Intego yari iyo kubafasha kugira ubuzima bwiza kugira ngo n’abahohotewe bagafatwa ku ngufu, bafashwe kubaho muri biriya bihe byari bigoye.”

Ingabire yavuze ko mu bushobozi bari bafite, bashoboye kubakira abagore aho bivuriza ariko ngo n’undi washoboye kubatera inkunga barayishimaga.

Yashimiye abo muri  IHS  k’ubufasha bagiye guha abagore muri rusange ndetse n’ubufatanye biyemeje kugirana na Rwanda Women’s Network.

Umuyobozi wa Towers of Strength Umunya Nigeria witwa Kunle Iluwemi yavuze ko IHS ari  umuryango nyafurika wavutse mu mwaka 20 ishize.

Umuyobozi wa IHS Rwanda Umunya Nigeria witwa Kunle Iluwemi

Ugamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage kandi ngo baharanira ko ibikozwe byose biramba.

- Advertisement -

Ni byo bita ko biramba ni byo bita  Towers of Strength.

Muri zo nkingi harimo:

-Kwita ku bidukikije(Environment and Climate change),

-Uburezi(Education) ,

-Abaturage n’imibereho myiza(People and Communities),

-Ubunyangamugayo n’Imiyoborere iboneye (Ethics and Governance).

Kunle yavuze ko bari bafite gahunda yo gutangiza uriya mushinga ku munsi mpuzamahanga w’umugore ariko ngo n’ubwo byatinze icy’ingenzi ni uko byakozwe.

Nawe yasezeranyije abo muri Rwanda Women’s Network ubufatanye burambye.

Ubufatanye bwa Rwanda Women’s Network n’Ikigo IHS Rwanda buri mu mujyo wa gahunda Leta y’u Rwanda isanganywe yo gufasha Abanyarwandakazi kubyarira kwa muganga cyangwa kubona izindi serivisi z’ubuzima hafi yabo.

Baharerekanyije inyandiko zirimo amasezerano y’imikoranire
TAGGED:featuredIkigoKaguguLetaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yakiriye Abayobozi B’Ihuriro Mpuzamahanga By’Ibigo By’Imari
Next Article I Rwamagana Ikigo Nderabuzima Cyakoresha Amazi Y’Imvura Cyahawe Amazi Meza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?