Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gatandara Ya Rusizi Aho Interahamwe Zaririye Inyama Z’Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gatandara Ya Rusizi Aho Interahamwe Zaririye Inyama Z’Abatutsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 April 2025 10:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abatutsi barokokeye Jenoside mu Murenge wa Mururu ya Rusizi y’ubu, basaba inzego bireba uko ahitwa Gatandara hashyirwa urwibutso rwihariye rwerekana ubugome Interahamwe zicanye Abatutsi zikabarya inyama z’umutima n’umwijima.

Muri Jenoside yakorewe Abatutsi aho hafi y’umugezi wa  Gatandara ari nawo wahitiriwe hari bariyeri yatandukanyaga Komine Kamembe na Komine Cyimbogo yatangiriragwaho Abatutsi ngo badahungira mu cyahoze ari Zaїre, ubu ni Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Gatandara iri mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi.

Perezida wa IBUKA  mu Murenge wa Mururu, Muhirwa Innocent avuga ko tariki, 16, Mata, 1994, uwari Perefe wa Perefegitura ya Cyangugu Bagambiki yagiye muri sitade ya Rusizi afite urutonde rw’amazina y’abantu 49, aruha Lieutenant Imanishimwe bari kumwe ararusoma.

Abo bantu barashakishijwe barafatwa babajyana mu Gatandara babashyira Interahamwe zari zavuye muri Segiteri ya Mururu, Mutongo na Cyete zibica zibatemye zirangije zibakuramo inyama y’umutima, iy’umwijima n’impyiko zizirya zokeje.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muhirwa yavuze ko abo yibuka bishwe muri ubwo buryo harimo Gapfumu, Sibomana Benôit, Nkata Bernard, umucuruzi witwaga Gatashya Ananias n’umukozi wa Perefegitura witwaga Gaperi.

Perezida wa IBUKA yabwiye Meya wa Rusizi witwa Sindayiheba Phanuel  ko abamubanjirije kuri uyu mwanya ataramaraho igihe birengangije icyifuzo cyo kubaka mu Gatandara ikimenyetso cy’amateka.

Ati: “Icyifuzo cyacu nk’abacitse ku icumu ni uko mu Gatandara hashyirwa ikimenyetso cy’amateka, kugira ngo amateka y’ibyahabereye muri Jenoside atazasibangana”.

Sindayiheba usanzwe ubarirwa mu ntwari z’u Rwanda yamusezeranyije ko bagiye kwicarana n’abandi barebwa n’iyo ngingo bakarebera hamwe uko icyo cyifuzo cyashyirwa mu bikorwa.

Ati “Nk’Akarere turabyemera kandi turabishyigikiye. Tugiye gutegura inama n’abo bafatanyabikorwa turebe uburyo icyo kimenyetso cyahashyirwa”.

- Advertisement -

Yavuze ko ubwo bugome ndengakamere bwo kwica Abatutsi, bagakurwamo ibice by’umubiri, Interahamwe zikabyotsa zikabirya, amaze kubyumva ahantu hatatu harimo Nyarubuye,  mu Gatandara no ku Mayaga.

Mu Gatandara ni mu Murenge wa Mururu, hafi y’Umupaka wa Rusizi I uhuza u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

TAGGED:AbatutsiGatandatuImitimaInyamaJenosideKubaryaMeyaSindayiheba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Kugaruka Kwa Kabila Kwateje Impaka Mu Banyapolitiki
Next Article Uko Irushanwa Ryo Kwibuka Abakinnyi Ba Basket Bazize Jenoside Riteganyijwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?