Gisagara: Abantu Batatu Bo Mu Isibo Imwe Barakekwaho Gupfa Barozwe

Mu Mudugudu umwe wo mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara haravugwa inkuru mbi y’urupfu rw’abantu batatu bapfuye by’amarabira, bikavugwa ko bashobora kuba bararozwe. Babiri muri bo bakomoka mu muryango umwe.

Abaturage bo mu Isibo yo mu Mudugudu wa Karama mu Kagari ka Mamba mu Murenge wa Mamba aho byabereye babwiye RADIOTV10 ko hari abantu barwara mu buryo budasobanutse bagahita bapfa.

Bavuga ko abo bantu baba banyoye ibinyobwa mu birori mu baturanyi, bagatanga urugero rw’abantu batatu bo mu Isibo imwe baherutse gupfa barimo babiri bo mu muryango umwe.

Umuturage umwe yeruye avuga ko hari abarozi baba mu gace atuyemo.

- Advertisement -

Ati: “ Ni abarozi, none se umusaza wanjye ko yagiye kuvumba atarwaye nyuma akaba arapfuye, ni amarozi, amaze gupfa undi na we wo mu muryango yahise apfa, ndetse n’umwana wa Mudugudu.”

Undi mugore wapfushije umugabo nawe avuga ko ari amarozi abantu barogwa n’abaturanyi.

Yagize ati “…Ni ukuri sinakubwira ngo umugabo wanjye naramurwaje, uwo munsi yafashwe twamujyanye kwa muganga saa yine z’ijoro, saa tatu za mu gitondo yari yamaze gupfa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mamba Eugene Manirarora avuga ko ibintu by’amarozi bitari bisanzwe muri uyu Murenge ayobora.

Yirinze guhamya ko abapfa bazira uburozi.

Ati: “Icyo twe twavuga twabashije kumenya kuri ibyo, ni uko abo bantu batatu bavuga bapfiriye umunsi umwe harimo umusore umwe wakoze impanuka ari muri siporo, uwo nguwo apfira rimwe n’umusaza bavuga ko yari yanyoye aho yari yagiye mu bukwe ndetse n’undi wo mu muryango we.

Asobanura ko impamvu batabifashe mu buryo bwa rusange ari uko umwe yazize igare undi akazira kunywa.

Gitifu Manirarora avuga ko iby’amarozi ari ibivugwa n’abaturage bumva ngo umuntu yapfuye bagacyeka ko yorozwe ariko nta gihamya.

Ifoto@ RADIOTV10

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version