Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gisupusupu Yacurangiye Umuduri Abitabiriye CHOGM
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Gisupusupu Yacurangiye Umuduri Abitabiriye CHOGM

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 June 2022 7:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo guhohotera umwana ariko akaza ufungurwa, umuhanzi François Nsengiyumva wamamaye nka Gisupusupu yaraye agaragaye mu gitaramo cyo kuruhura mu mutwe abitabiriye CHOGM cyabereye  ahantu habiri mu Mujyi wa Kigali.

Aho hantu habiri ni i Rugende n’ahitwa Tapis Rouge muri Nyarugenge.

📸AMAFOTO📸

Kuri uyu mugoroba, hirya no hino mu Mujyi wa Kigali abahanzi barimo gufasha abanyamujyi n'abashyitsi bitabiriye #CHOGM2022 gukomeza kwishima mu bitaramo birimo kubera Tapis Rouge na Rugende. #RBAAmakuru pic.twitter.com/X5ExAsyRQh

— RADIO RWANDA (@Radiorwanda_RBA) June 24, 2022

Muri uku kwezi( Kamena) 2021 nibwo Gisupusupu iby’uko yahohoteye uriya mwana byamenyekanye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yaje gushakishwa kuko yari yaratorotse ariko aza gufatirwa mu Karere mu Karere ka Kayonza, aturutse i Gatsibo baturanye.

Yaje kugezwa mu butabera ariko aza kurekurwa ubu ari mu buzima busanzwe.

Yaraye agaragaye mu bitaramo byo gususurutsa abitabiriye CHOGM ari kumwe n’abandi bahanze bagenzi be ariko badacuranga umuduri.

Gisupusupu afite imyaka 43 y’amavuko.

Umuduri ni iki?

- Advertisement -
Umucuranzi w’umuduri wo hambere

Umuduli ni igicuma batubora uruhande rumwe kugira ngo ijwi rituruka k’umukwege baba bacishije hasi kugira ngo umucuranzi nawukubitaho agakoni gato kabugenewe, uzamure ijwi naryo rice muri wa mwenge w’igicuma ryirangire.

Uwo mukwege uba uziritse ku gito kigonze nk’umuheto kugira ngo urege neza bityo uze gushobora kuzamura ijwi.

Umuduri ni igicurangisho kihariwe n’Abanyarwanda n’Abarundi.

Akenshi umukwege wo ku muduri uba ufite hagati ya sentimetero 125 na sentimetero 135.

Mbere y’uko abacuzi bagira igitekerezo cyo gukora umukwege usanzwe ngo abe ari wo uha umuduri amajwi, abacuranzi bakoreshaga umuti w’inka cyangwa uruhu rwayo bakannnye neza k’uburyo uba ureze bihagije ugatanga amajwi yifuzwa.

Wa mugozi cyangwa umukwege, ku gice cyegera uruhembe rw’igiti kigonze nk’umuheto, haba haziritse undi mukwege utuma umukwege muremure( umwe w’ibanze twavuze haruguru) utanga amajwi agabuwe mu byiciro bibiri binini.

Umuduri ni kimwe mu bicurangisho by’umuziki gakondo w’Abanyarwanda n’Abarundi

Kimwe ni igitanga amajwi yo yasi cyangwa yo hagati n’igice cy’amajwi yo hejuru.

Hari abanditsi bamwe bavuga ko umuduri ari igikoresho cy’umuziki cyatangiye gukoreshwa n’Abatwa ndetse n’Abahutu.

Ndetse ngo ni igikoresho cy’umuziki cyadutse mu Rwanda no mu Burundi  mu ntangiriro z’Ikinyejana cya 20 Nyuma ya Yezu Kristu.

Ngo icyo gihe umuduri waje usanga ibindi bikoresho by’umuziki gakondo witwaga ikembe.

Icyakora ngo cyatangijwe n’Abanyarwanda kandi cyacurangwaga mu birori abaturage bari kubyina ikinimba  cyabyinwaga mu birori byo kurata intwari ku rugamba.

TAGGED:featuredGisupusupuIgitaramoUmuduri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hotel Umubano Igiye Kuvugururwa Kuri Miliyoni $ 40
Next Article Abakekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi Baba i London ‘Bashobora’ Kugezwa Mu Nkiko Bidatinze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?