Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gitifu Yagonze Abaturage Kubera Gusinda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gitifu Yagonze Abaturage Kubera Gusinda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 March 2023 6:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Gisagara haravugwa inkuru ya Gitifu witwa Tumusifu Jérôme wagonze abaturage babiri kubera ubusinzi. Uyu mugabo kandi  mu mwaka wa 2020 yigeze gukubita umwana wari ufite imyaka 15 y’amavuko bimuviramo urupfu.

Tumusifu asanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukingo mu Karere ka Gisagara.

Hashize iminsi micye ubwo ahagana saa 19h30 z’umugoroba(hari taliki 24, Werurwe,2023)  yatwaraga imodoka yasinze akagongera abaturage babiri  mu Mudugudu wa Ndatemwa, Akagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora.

Uyu muyobozi yari atashye iwe mu Karere ka Huye.

Bivugwa ko akimara kugonga abo baturage, yahiye ubwoba arahunga.

Amahirwe y’abaturage ni uko ntawapfuye.

Gitifu yarahunze ariko aza gufatwa mu mugoroba w’umunsi wakurikiye ho.

Polisi yaje gupima uwo muyobozi isanga yari yanyoye ibisindisha bifite ibipimo bitemewe ko umuntu atwara imodoka abifite mu maraso ye.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Emmanuel Habiyaremye niwe wabyemeje.

Ati “Twaramupimye dusanga yanyweye Alcohol. Bikimara kuba yaje gutoroka nyuma aza gufatwa akaba ari mu maboko ya Polisi.”

Asaba abantu bose batwara ibinyabiziga kwirinda gutwara banyoye inzoga.

CIP Habiyaremye yavuze ko umuyobozi wese aba agomba kwitwararika akaba intangarugero mu bayobora, abamuzi n’abatamuzi.

Ati “Umuyobozi ni nkore bandebereho. Yakabaye abyumva vuba cyane kurusha n’abandi bantu bose.”

Tumusifu Jérôme uvugwaho ubusinzi yahise ajya gufungirwa kuri Station ya Polisi ya Ngoma mu Karere ka Huye mbere y’uko ashyikirizwa ubushinjacyaha.

Amakuru avuga ko hari indi nshuro uriya muyobozi yigeze gufungwa akurikiranyweho gukubita umwana w’imyaka 15 bikamuviramo urupfu.

Hari mu Ukuboza 2020 ubwo yakubitaga umwana witwaga Musabyemahoro Etiénne.

Byabereye mu Mudugudu wa Kanto II, Akagari ka Saga, Umurenge wa Muganza muri Gisagara.

Icyo gihe yarafunzwe amaramo amezi macye arafungurwa.

TAGGED:featuredGisagaraGitifuHuyeInzogaUbusinziUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarimu Ba Sciences Bahembewe Umuhati Wabo
Next Article Kenya: Odinga Arigaragambya Ari Kumwe N’Abayoboke Be
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?