Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gitifu Yagonze Abaturage Kubera Gusinda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gitifu Yagonze Abaturage Kubera Gusinda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 March 2023 6:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Gisagara haravugwa inkuru ya Gitifu witwa Tumusifu Jérôme wagonze abaturage babiri kubera ubusinzi. Uyu mugabo kandi  mu mwaka wa 2020 yigeze gukubita umwana wari ufite imyaka 15 y’amavuko bimuviramo urupfu.

Tumusifu asanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukingo mu Karere ka Gisagara.

Hashize iminsi micye ubwo ahagana saa 19h30 z’umugoroba(hari taliki 24, Werurwe,2023)  yatwaraga imodoka yasinze akagongera abaturage babiri  mu Mudugudu wa Ndatemwa, Akagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora.

Uyu muyobozi yari atashye iwe mu Karere ka Huye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bivugwa ko akimara kugonga abo baturage, yahiye ubwoba arahunga.

Amahirwe y’abaturage ni uko ntawapfuye.

Gitifu yarahunze ariko aza gufatwa mu mugoroba w’umunsi wakurikiye ho.

Polisi yaje gupima uwo muyobozi isanga yari yanyoye ibisindisha bifite ibipimo bitemewe ko umuntu atwara imodoka abifite mu maraso ye.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Emmanuel Habiyaremye niwe wabyemeje.

- Advertisement -

Ati “Twaramupimye dusanga yanyweye Alcohol. Bikimara kuba yaje gutoroka nyuma aza gufatwa akaba ari mu maboko ya Polisi.”

Asaba abantu bose batwara ibinyabiziga kwirinda gutwara banyoye inzoga.

CIP Habiyaremye yavuze ko umuyobozi wese aba agomba kwitwararika akaba intangarugero mu bayobora, abamuzi n’abatamuzi.

Ati “Umuyobozi ni nkore bandebereho. Yakabaye abyumva vuba cyane kurusha n’abandi bantu bose.”

Tumusifu Jérôme uvugwaho ubusinzi yahise ajya gufungirwa kuri Station ya Polisi ya Ngoma mu Karere ka Huye mbere y’uko ashyikirizwa ubushinjacyaha.

Amakuru avuga ko hari indi nshuro uriya muyobozi yigeze gufungwa akurikiranyweho gukubita umwana w’imyaka 15 bikamuviramo urupfu.

Hari mu Ukuboza 2020 ubwo yakubitaga umwana witwaga Musabyemahoro Etiénne.

Byabereye mu Mudugudu wa Kanto II, Akagari ka Saga, Umurenge wa Muganza muri Gisagara.

Icyo gihe yarafunzwe amaramo amezi macye arafungurwa.

TAGGED:featuredGisagaraGitifuHuyeInzogaUbusinziUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarimu Ba Sciences Bahembewe Umuhati Wabo
Next Article Kenya: Odinga Arigaragambya Ari Kumwe N’Abayoboke Be
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?