Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Google Yatangije Umushinga wa Miliyari $1 Uzahindura Ibijyanye Na Internet Muri Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Google Yatangije Umushinga wa Miliyari $1 Uzahindura Ibijyanye Na Internet Muri Afurika

admin
Last updated: 06 October 2021 3:30 pm
admin
Share
SHARE

Ikigo gikomeye mu ikoranabuhanga ‘Google’ cyatangaje ko kigiye gushora miliyari $1 mu guteza imbere ikoranabuhanga muri Afurika, binyuze mu mushinga ukomeye wo gukwirakwiza internet yizewe kandi ihendutse kuri uyu mugabane.

Umuyobozi Mukuru wa Google n’ikigo ibarizwamo cya Alphabet, Sundar Pichai, yabitangaje mu gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu cyiswe Google for Africa, cyatangarijwemo ibikorwa kiriya kigo giteganya kuri uyu mugabane.

Yagize ati “Twateye intambwe zikomeye mu myaka icumi ishize, ariko haracyari byinshi byo gukora kugira ngo internet ibashe kuboneka uko bikwiye, ihendutse kandi ibashe kubyarira umusaruro buri munyafurika.”

“Uyu munsi ntewe ishema no kongera gushimangira intego yacu kuri uyu mugabane, binyuze mu ishoramari rya miliyari $1 mu gihe cy’imyana itanu, hagamijwe gushyigikira iterambere rya Afurika mu ikoranabuhanga, gushyigikira ibikorwa bitandukanye byo guteza imbere internet no gutera inkunga ibigo bigitangira.”

Mu gukwirakwiza internet igezweho, biteganywa ko Google izubaka umuyoboro uca munsi y’amazi uzahuza Afurika y’Epfo, Namibia, Nigeria na St Helena mu nyanja ya Atlantique, ukazaba ihuzanzira hagati ya Afurika n’u Burayi.

Umuyobozi wa Google muri Afurika, Nitin Gajria, yavuze ko iyo nzira izatuma Afurika ibona “internet ikubye nibura inshuro 20 iyatangagwa n’insinga zaherukaga kubakwa zigenewe guhaza Afurika.”

Yakomeje ati “Ibi bizagabanya ibiciro bya internet kuri 21% kandi byongere umuvuduko wa Internet muri Nigeria ndetse wikube hafi gatatu muri Afurika y’Epfo.”

Google yahise inatangiza ikigega yise Africa Investment Fund izashoramo miliyoni $50, zizafasha ibigo byinshi bigitangira kandi bisangizwe ku bunararibonye bwa Google.

Icyo kigo cyanavuze ko kizatanga miliyoni $10 mu nguzanyo ku nyungu ntoya, ku bucuruzi buciriritse mu bihugu bya Nigeria, Ghana, Kenya na Afurika y’Epfo, hagamije kugoboka ibigo byagizweho ingaruka n’icyorezo cya COVID-19.

Google yanatangaje ko izatanga miliyoni $40 mu bikorwa by’imiryango idaharabira inyungu, bigamije kuzana impinduka muri Afurika.

Iki kigo kivuga ko mu bikorwa byacyo muri Afurika mu myaka itanu iri imbere, kizashora imari mu mishinga izakorerwa mu bihugu bya Afurika birimo Nigeria, Kenya, Uganda na Ghana.

Umuyoboro wa internet uzubakwa na Google uzaca muri Afurika y’Iburengerazuba
TAGGED:featuredGoogleInternetInyanja
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article SADC Yongereye Igihe Ingabo Zayo Zizamara Muri Mozambique
Next Article Uko Igihugu Gitera Imbere Niko Polisi Isabwa Byinshi- Min Ugirashebuja
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?