Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Google Yatangije Umushinga wa Miliyari $1 Uzahindura Ibijyanye Na Internet Muri Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Google Yatangije Umushinga wa Miliyari $1 Uzahindura Ibijyanye Na Internet Muri Afurika

admin
Last updated: 06 October 2021 3:30 pm
admin
Share
SHARE

Ikigo gikomeye mu ikoranabuhanga ‘Google’ cyatangaje ko kigiye gushora miliyari $1 mu guteza imbere ikoranabuhanga muri Afurika, binyuze mu mushinga ukomeye wo gukwirakwiza internet yizewe kandi ihendutse kuri uyu mugabane.

Umuyobozi Mukuru wa Google n’ikigo ibarizwamo cya Alphabet, Sundar Pichai, yabitangaje mu gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu cyiswe Google for Africa, cyatangarijwemo ibikorwa kiriya kigo giteganya kuri uyu mugabane.

Yagize ati “Twateye intambwe zikomeye mu myaka icumi ishize, ariko haracyari byinshi byo gukora kugira ngo internet ibashe kuboneka uko bikwiye, ihendutse kandi ibashe kubyarira umusaruro buri munyafurika.”

“Uyu munsi ntewe ishema no kongera gushimangira intego yacu kuri uyu mugabane, binyuze mu ishoramari rya miliyari $1 mu gihe cy’imyana itanu, hagamijwe gushyigikira iterambere rya Afurika mu ikoranabuhanga, gushyigikira ibikorwa bitandukanye byo guteza imbere internet no gutera inkunga ibigo bigitangira.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu gukwirakwiza internet igezweho, biteganywa ko Google izubaka umuyoboro uca munsi y’amazi uzahuza Afurika y’Epfo, Namibia, Nigeria na St Helena mu nyanja ya Atlantique, ukazaba ihuzanzira hagati ya Afurika n’u Burayi.

Umuyobozi wa Google muri Afurika, Nitin Gajria, yavuze ko iyo nzira izatuma Afurika ibona “internet ikubye nibura inshuro 20 iyatangagwa n’insinga zaherukaga kubakwa zigenewe guhaza Afurika.”

Yakomeje ati “Ibi bizagabanya ibiciro bya internet kuri 21% kandi byongere umuvuduko wa Internet muri Nigeria ndetse wikube hafi gatatu muri Afurika y’Epfo.”

Google yahise inatangiza ikigega yise Africa Investment Fund izashoramo miliyoni $50, zizafasha ibigo byinshi bigitangira kandi bisangizwe ku bunararibonye bwa Google.

Icyo kigo cyanavuze ko kizatanga miliyoni $10 mu nguzanyo ku nyungu ntoya, ku bucuruzi buciriritse mu bihugu bya Nigeria, Ghana, Kenya na Afurika y’Epfo, hagamije kugoboka ibigo byagizweho ingaruka n’icyorezo cya COVID-19.

- Advertisement -

Google yanatangaje ko izatanga miliyoni $40 mu bikorwa by’imiryango idaharabira inyungu, bigamije kuzana impinduka muri Afurika.

Iki kigo kivuga ko mu bikorwa byacyo muri Afurika mu myaka itanu iri imbere, kizashora imari mu mishinga izakorerwa mu bihugu bya Afurika birimo Nigeria, Kenya, Uganda na Ghana.

Umuyoboro wa internet uzubakwa na Google uzaca muri Afurika y’Iburengerazuba
TAGGED:featuredGoogleInternetInyanja
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article SADC Yongereye Igihe Ingabo Zayo Zizamara Muri Mozambique
Next Article Uko Igihugu Gitera Imbere Niko Polisi Isabwa Byinshi- Min Ugirashebuja
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?