Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Google Yatangije Umushinga wa Miliyari $1 Uzahindura Ibijyanye Na Internet Muri Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Google Yatangije Umushinga wa Miliyari $1 Uzahindura Ibijyanye Na Internet Muri Afurika

admin
Last updated: 06 October 2021 3:30 pm
admin
Share
SHARE

Ikigo gikomeye mu ikoranabuhanga ‘Google’ cyatangaje ko kigiye gushora miliyari $1 mu guteza imbere ikoranabuhanga muri Afurika, binyuze mu mushinga ukomeye wo gukwirakwiza internet yizewe kandi ihendutse kuri uyu mugabane.

Umuyobozi Mukuru wa Google n’ikigo ibarizwamo cya Alphabet, Sundar Pichai, yabitangaje mu gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu cyiswe Google for Africa, cyatangarijwemo ibikorwa kiriya kigo giteganya kuri uyu mugabane.

Yagize ati “Twateye intambwe zikomeye mu myaka icumi ishize, ariko haracyari byinshi byo gukora kugira ngo internet ibashe kuboneka uko bikwiye, ihendutse kandi ibashe kubyarira umusaruro buri munyafurika.”

“Uyu munsi ntewe ishema no kongera gushimangira intego yacu kuri uyu mugabane, binyuze mu ishoramari rya miliyari $1 mu gihe cy’imyana itanu, hagamijwe gushyigikira iterambere rya Afurika mu ikoranabuhanga, gushyigikira ibikorwa bitandukanye byo guteza imbere internet no gutera inkunga ibigo bigitangira.”

Mu gukwirakwiza internet igezweho, biteganywa ko Google izubaka umuyoboro uca munsi y’amazi uzahuza Afurika y’Epfo, Namibia, Nigeria na St Helena mu nyanja ya Atlantique, ukazaba ihuzanzira hagati ya Afurika n’u Burayi.

Umuyobozi wa Google muri Afurika, Nitin Gajria, yavuze ko iyo nzira izatuma Afurika ibona “internet ikubye nibura inshuro 20 iyatangagwa n’insinga zaherukaga kubakwa zigenewe guhaza Afurika.”

Yakomeje ati “Ibi bizagabanya ibiciro bya internet kuri 21% kandi byongere umuvuduko wa Internet muri Nigeria ndetse wikube hafi gatatu muri Afurika y’Epfo.”

Google yahise inatangiza ikigega yise Africa Investment Fund izashoramo miliyoni $50, zizafasha ibigo byinshi bigitangira kandi bisangizwe ku bunararibonye bwa Google.

Icyo kigo cyanavuze ko kizatanga miliyoni $10 mu nguzanyo ku nyungu ntoya, ku bucuruzi buciriritse mu bihugu bya Nigeria, Ghana, Kenya na Afurika y’Epfo, hagamije kugoboka ibigo byagizweho ingaruka n’icyorezo cya COVID-19.

Google yanatangaje ko izatanga miliyoni $40 mu bikorwa by’imiryango idaharabira inyungu, bigamije kuzana impinduka muri Afurika.

Iki kigo kivuga ko mu bikorwa byacyo muri Afurika mu myaka itanu iri imbere, kizashora imari mu mishinga izakorerwa mu bihugu bya Afurika birimo Nigeria, Kenya, Uganda na Ghana.

Umuyoboro wa internet uzubakwa na Google uzaca muri Afurika y’Iburengerazuba
TAGGED:featuredGoogleInternetInyanja
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article SADC Yongereye Igihe Ingabo Zayo Zizamara Muri Mozambique
Next Article Uko Igihugu Gitera Imbere Niko Polisi Isabwa Byinshi- Min Ugirashebuja
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?