Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guhura Kwa Kagame Na Tshisekedi Ni Ikimenyetso Cy’Ubuvandimwe- Amb Karega
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Guhura Kwa Kagame Na Tshisekedi Ni Ikimenyetso Cy’Ubuvandimwe- Amb Karega

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 June 2021 10:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi w’ u Rwanda muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo Vincent Karega yabwiye Taarifa ko kuba Perezida Kagame aherutse guhura na mugenzi we wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ari ikimenyetso cy’ubuvandimwe bwaranze abatuye ibihugu byombi ‘kuva kera.’

Ambasaderi Karega avuga ko ubusanzwe abaturanyi baba bagomba kubana amahoro, bagaturana badatongana.

Ati: “ Guhura kw’Abakuru b’ibihugu byombi bivuze gushimangira umubano mwiza hagati y’ abatuye ibihugu byombi  kandi  ubu busabane hagati y’aba baturage bwatangiye kuva kera.”

Perezida Kagame na mugenzi we Felix Tshisekedi baherutse guhurira i Rubavu(mu Rwanda) n’i Goma (muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo) barebera hamwe ingaruka z’iruka rya Nyiragongo ku batuye biriya bice.

Ubwo ikirunga Nyiragongo cyarukaga, cyasenye inzu nyinshi z’i Goma bituma n’abahatuye bahungira mu Rwanda.

Mu ijambo Perezida Tshisekedi yagejeje ku banyamakuru mbere yo gutangira kwakira ibibazo bamubajije , yavuze ko yahamagaye mugenzi we w’u Rwanda amusaba kwakira abaturage be[ba DRC] bari bahungiye mu Rwanda, ariko ‘atungurwa’ no kumva ko yari[Perezida Kagame] yarangije kubisaba abayobora Rubavu ngo babakire.

Perezida Kagame na Perezida Tshisekedi bombi bishimiye uko buri gihugu cyitwaye muri kiriya kibazo kandi buri ruhande rwizeza urundi kuzarufasha no mu bindi bibazo bishobora kukigwirira.

Ese umwuka mubi w’abashakaga ko Ambasade y’u Rwanda i Kinshasa ifunga warahagaze?

Ambasaderi Karega avuga ko  umwuka mubi n’imyigaragambyo uheruka mu bice bimwe bya Kinshasa wasabaga ko Ambasade y’u Rwanda ifunga ari ‘ingaruka z’ ingengabitekerezo ya Jenoside’ kuko benshi mu bayikoze ngo baba yo.

Ati: “  Bamaze imyaka 27 bateranya Abakongomani bavuga Ikinyarwanda, bateranya DRC n’ u Rwanda bahimba , baharabika. N’ubwo haricyo byononnye, ariko  Abakongomani benshi bazi gutandukanya propaganda(icengezamatwara) ya Politiki mbi n’ukuri kw’ibintu. Ababa mu Rwanda, abahatembera, abakorana narwo mu bucuruzi, abashakashatsi n’ abandi benshi bashyira mu gaciro turi kumwe mu kunoza umubano, ubutwererane n’ ubuhahirane.”

Karega avuga ko u Rwanda rwahisemo kwegerana nabaturumvaga neza umubano warwo na Repubulika ya Demukarasi baraganira kandi ngo ibintu muri iki gihe biragenda neza.

Abenshi bari urubyiruko rwashutswe n’abanyapolitiki barimo Martin Fayulu.

Ibicuruzwa ku mpande zombi bigire ubuziranenge, ubucuruzi bukomeze…

Kuri Ambasaderi Vincent Karega, ni byiza ko u Rwanda rwitabira gushora imari muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo kandi nayo ngo yiteguye gucuruza ku isoko ry’u Rwanda.

Avuga ko imbaraga zigomba gushyirwa  muri byose hakurikijwe amategeko n’ ubuziranenge bya buri gihugu.

Kuri we, u Rwanda rugomba gukomeza kunoza umusaruro ku bwinshi no ku bwiza, rugashinga inganda na za serivisi zikanozwa muri byose.

Ikindi kuri we gifite akamaro ni uko ubwenge n’ubumenyi-ngiro nabyo bigomba kuzamurwa kuko nabyo ari imari abandi bashobora kugura.

Ati: “ Si isoko rya DRC gusa, ahubwo Afurika yose ifite isoko riyihuza hashyingiwe ku masezerano yiswe CFTA. Afurika  yaguye amarembo y’ ubucuruzi n’ ubutwererane.”

Ku rundi ruhande, Ambasaderi Karega avuga ko ‘ijya kurisha ihera ku rugo’ bityo ngo ni ingenzi ko abaturanyi bafata iya mbere mu gukorana.

Mu kiganiro cye na Taarifa, Ambasaderi Karega yifurije Isabukuru nziza y’ubwigenge bw’abatuye Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ubu hakaba hashize imyaka 61 yigobotoye ubukoloni bw’Ababiligi.

Ati: “Mbifurije amahoro n’uburumbuke ndetse n’ amajyambere kuri bo no kuri Afurika yose. Harageze ko twishakamo ibisubizo.”

Photo@Business et Finances

TAGGED:CongofeaturedKagameKaregaNyiragongoRepubulikaRwandaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kubura Intwaro Kw’Abarwanyi Bo Muri Tigray Bizazambya Ibintu
Next Article Amajyambere Ya Musanze Ari Kuyikururira Kabutindi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?