Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gukingira COVID-19 Byageze Muri Za Gare No Mu Mashuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Gukingira COVID-19 Byageze Muri Za Gare No Mu Mashuri

admin
Last updated: 16 November 2021 9:43 am
admin
Share
SHARE

Mu gihe Guverinoma y’u Rwanda ikomeje gukingira COVID-19, imbaraga zerekejwe ahantu hahurira abantu benshi nko muri za gare zitegerwamo imodoka no mu mashuri, kugira ngo hatagira ucikanwa.

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatangaje ko guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Ugushyingo 2021, umuntu wese ufite imyaka 18 kuzamura wacikanywe no guhabwa urukingo rwa COVID-19, “ashobora gukingirwa muri gare ya Nyabugogo, Nyarugenge, Nyanza, Remera na Kimironko.”

RBC kandi yatangaje ko mu gihugu hose, guhera uyu munsi tariki 16 kugeza kuri 21 Ugushyingo 2021 igiye gutangira gukingira abanyeshuri bo mu mashuri abanza, ayisumbuye na kaminuza bagejeje igihe.

Iti “Abazakingirwa ni abafite imyaka 18 kuzamura. Abaganga bazajya babasanga ku bigo byabo cyangwa kaminuza zabo ndetse bakazajya babimenyeshwa mbere.”

Guverinoma y’u Rwanda iheruka gutangaza ko abarenga 50% by’abaturage bafite imyaka 18 kuzamura mu Rwanda bamaze kubona doze imwe y’urukingo rwa COVID-19.

Intego ni ugukingira 60% mu buryo bwuzuye mu mwaka wa 2022.

Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima yo kuri uyu wa Mbere igaragaza ko abamaze guhabwa urukingo rwa mbere mu Rwanda ari 5,007,584 mu gihe abahawe inkingo ebyiri ari ari 2,747,616.

TAGGED:COVID-19featuredGareGukingiraInkingoKigaliRBC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Niyonzima Olivier Yahagaritswe Mu Ikipe y’Igihugu
Next Article Mango Telecom Irashinjwa Kwirukana Umukozi Azira Ko ‘Atwite’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?