Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gukumira Kanyanga Byatanze Umusaruro- Gov Rubingisa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Gukumira Kanyanga Byatanze Umusaruro- Gov Rubingisa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 March 2024 11:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba Pudence Rubingisa avuga ko ingamba ubuyobozi bwafashe mu guhangana n’inzoga ibarirwa mu biyobyabwenge yitwa Kanyanga zatanze umusaruro ufatika.

Hari mu kiganiro yahaye RBA avuga ku ntambwe Intara aherutse gushingwa yateye mu myaka 30 ishize u Rwanda rubohowe.

Kanyanga ni ikinyobwa kiyobwa abantu ubwenge bakagira imyitwarire irimo n’urugomo ndetse abenshi ntibabone imbaraga zituma bitabira umurimo.

Perezida Kagame yigeze kugaruka ku bubi by’iki kiyobwenge avuga ko ari cyo gisigaye gitera abatuye Akarere ka Burera kutitabira umurimo bigatuma kaba aka nyuma mu kwesa imihigo.

Icyo gihe nawe yashimye ko iki kiyobyabwenge cyagabanutse mu Ntara y’Uburasirazuba bituma uturere twayo tuzamura amanota mu kwesa imihigo.

Rubingisa yabwiye RBA ko umuhati wo kurwanya Kanyaga wageze kuri byinshi birimo kuyigabanya ku rwego rushimishije.

Avuga ko mu kuyigabanya, hashyizweho amatsinda y’urubyiruko rukorera ku mirenge ikora ku mipaka y’iyi Ntara kugira ngo rukumire ko yinjira kandi rubitangeho amakuru.

Ati: “… Ku mirenge ikora ku mipaka Intara y’Uburasirazuba isangiye n’amahanga hashyizwe abitwa imboni z’umutekano kugira ngo bafashe mu gukumira ko izo nzoga zifatwa nk’ibiyobyabwenge zinjira mu Rwanda”.

N’ubwo hari iyengwa n’Abanyarwanda, ku rundi ruhande, abayobozi mu nzego zitandukanye bavuga ko inyinshi iva mu bihugu bituriye u Rwanda cyane cyane muri Uganda.

Hari n’abitwa Abarembetsi bakunze kenshi gufatwa bayizana mu Rwanda ivuye hakurya.

Ubufatanye bw’abaturage na Polisi bwagabanije ubwinshi bw’iyinjiriraga mu Burasirazuba bw’u Rwanda ni ukuvuga mu Karere ka Nyagatare n’ubwo bitaracika burundu.

Ku rundi ruhande, iyi nzoga mbi iracyagaragara mu Mirenge y’Akarere ka Burera n’Akarere ka Gicumbi ahegereye Uganda.

Burera: Icyambu Cy’Urumogi Na Kanyanga

TAGGED:BurerafeaturedIntarakanyangaMeyaRubingisaUburasirazuba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Cécile Kayirebwa Yahawe Ikamba Ry’Uwateje Imbere Umuziki Nyarwanda
Next Article Kabila Aravugwaho Guhunga DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?