Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Harabura Gato Ngo Hatorwe Usimbura Faki
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Harabura Gato Ngo Hatorwe Usimbura Faki

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 February 2025 9:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 15,Gashyantare, 2025 nibwo hari butorwe Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe, mu biyayamamaje hakabamo Raila Odinga watanzwe na EAC. Utorwa arasimbura Mussa Faki Mahamat, umunya Tchad wari uri kuri izi nshingano guhera mu mwaka wa 2017.

Uyu Odinga aherutse kurangiza uburyo bwo kwiyamamaza mu gikorwa yakoreye i Burundi ahura na Perezida Evariste Ndayishimiye.

Amatora y’ushaka kuyobora iyi Komisiyo araba kuri uyu wa Gatandatu, abandi bashaka kuwujyaho ni Mahmoud Ali Youssouf na Richard Randriamandrato.

Haratorwa kandi abazaba babungirije ari bo Salah Francis, Selma Malika, Mohamed Ahmed Fathi, Hanan Morsy, Najat M.Elhajjaji na Latifa Akharbach.

Odinga yatanzweho umukandida na EAC kandi na Perezida Kagame yigeze gutangaza ko u Rwanda rushyigikiye kandidatire ye.

Perezida wa Kenya ari naho Odinga akomoka yavuze ko nawe amushyigikiye agsaba abayobozi b’uyu muryango bakomeza kumuha amajwi n’ubundi bufasha bukenewe ngo atsinde.

Ubwo yiyamamazaga, Odinga avuga ko azaharanira ko uburezi butera imbere, akita ku guhangana níngaruka z’ibidukikije, guteza imbere urwego rw’ingufu, ibikorwa remezo no guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika binyuze mu isoko rusange rimaze igihe ritangijwe.

Odinga yigeze kuba umuyobozi mu Muryango wa Afurika yunze ubumwe ushinzwe guteza imbere ibikorwa remezo.

Muri icyo gihe yakoranye n’Abakuru b’ibihugu bitandukanye, abanyemari benshi n’abandi bavuga rikijyana ku mugabane wa Afurika.

Mu nama iri bubere i Addis Ababa hari bubere ihererekanya bubasha hagati ya Perezida wa Mauritania Mohamed Ould Cheikh Mohamed Ahmed Ould Ghazouani wayoboraga AU akaza gusimburwa na mugenzi we uyobora Angola witwa João Manuel Gonçalves Lourenço.

TAGGED:AfurikafeaturedMussaOdingaUbumweUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yabwiye Afurika Ko DRC Ikomeje Kwihunza Ibibazo Byayo
Next Article Tshisekedi Avuga Ko Kabila Ariwe Uha M23 Amabwiriza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?