Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Abandakarira Ngo Bizimana Arazura Akashize- Min Bizimana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Hari Abandakarira Ngo Bizimana Arazura Akashize- Min Bizimana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 September 2024 11:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu avuga ko hari abantu bumva avuga ibyabaye mu mateka y’u Rwanda bakamurakarira.

Abo ngo ni abafite aho bahuriye n’abagize uruhare mu macakubiri yaranze u Rwanda mu gihe cy’imyaka 67 ni ukuvuga hagati ya 1957 n’umwaka wa 1994 ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga.

Bizimana yabivuze mu ijambo yagejeje ku rubyiruko rwaje kwitabira umunsi mpuzamahanga wahariwe amahoro wabereye ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gisozi.

Yavuze ko amateka yo muri iriya myaka ari mabi kuko yaranzwe na politiki yo kubangamira amahoro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri iyo myaka 67 ngo nibwo hatangiye gukwirakwizwa inyandiko z’urwango harimo Manifѐste y’Abahutu yavugaga ko Abatutsi bakoreye Abahutu irondakoko.

Nyamara  iryo rondakoko ryakozwe n’Abazungu b’Abakoloni nk’uko Minisitiri Bizimana abivuga.

Dr. Bizimana avuga ko muri iyo myaka yose hari abayobozi bari bagize Leta bashyizeho politiki ibangamira amahoro.

Ubusanzwe u Rwanda rwabonye icyo yise ‘ingirwabwigenge’ taliki 01, Nyakanga, 1962.

Avuga ko bidatinze hahise hatangira amavangura n’imidugararo kuko mu mwaka wa 1963 mu Ukuboza hari Abatutsi biciwe mu Bugesera no mu cyahoze ari Gikongoro.

- Advertisement -

Avuga ko icyo gihe ari bwo bwa mbere havuzwe ko mu Rwanda hari kubera Jenoside.

Kuba Repubulika yari imaze umwaka umwe igiyeho igakurikirwa n’ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi ari ikintu kibabaje.

Muri Gicurasi, 1963, Gregoire Kayibanda wayoboraga u Rwanda icyo gihe yatangaje itegeko-teka rigena ko abantu bakoze ubwicanyi kuva muri 1959 kugeza 1963 batagomba gukurikiranwa.

Gregoire Kayibanda(1924-1976)

Yavugaga ko ibyo bakoraga byari impinduramatwara yo kubohora rubanda nyamwinshi kandi ngo ibyo ntibyari ibyaha.

Mu kiganiro cye Dr. Bizimana yakomeje gusobanura amateka yakurikiye ubwigenge bw’u Rwanda ariko aza kuvuga ko ayo macakubiri yaje kurangizwa n’uko u Rwanda rubohowe n’Inkotanyi.

Avuga ko FPR-Inkotanyi yaje gukuraho ubwo bugizi bwa nabi n’amacakubiri mu Banyarwanda ahubwo yimika umuco wo kubana amahoro.

Avuga ko u Rwanda ruzi akamaro k’amahoro kuko kuva Jenoside yakorewe Abatutsi yahagarikwe, Leta yubatse igihugu kiyaha buri wese.

Yunzemo ko nyuma yo kugira amahoro, u Rwanda ruyaha n’amahanga aho rwoherezwa kuyagarura no kuyarinda mu bihugu biyakeneye.

Ijambo rya Bizimana ryarangiye risaba urubyiruko kwigira ku byo Perezida Kagame arugiraho inama.

Avuga ko mu mwaka wa 2017, Perezida Kagame yasabye urubyiruko rwari rwaje muri Youth Connect kuzirikana ko indangagaciro zo mu muco w’Abanyarwanda zidahinduka kandi zikwiye kuranga ibyo rukora byose.

Intiti Prof Sylvestre  Nzahabwanayo uri mu batanze ibiganiro ku mahoro mu Banyarwanda avuga ko iyo umuco w’Abanyarwanda witaweho, ubumwe mu Rwanda buramba.

Icyakora avuga ko mu bushakashatsi bakoranye n’ikigo International Alert basanze ibibangamiye amahoro mu Rwanda ari amakimbirane mu miryango.

Ikindi ni abakoze Jenoside batasabye imbabazi abo bahemukiye n’abazi aho imibiri y’Abatutsi  yajugunywe ariko ntibabivuge.

Nzahabwanayo avuga ko hari n’ibimina cyangwa amadini bishingiye ku bantu bavuye aha n’aha cyangwa abandi bafite aho bakuriye, hakaba amakimbirane ashingiye kuri ba kavukire n’abimukira cyane cyane mu Karere ka Nyagatare.

Ni ikiganiro cyitabiriwe n’abantu b’ingeri nyinshi biganjemo urubyiruko

Imbuga nkoranyambaga nazo ziri mu bibangamira amahoro y’Abanyarwanda.

Iyi ntiti ivuga ko muri rusange  Abanyarwanda bafite amahoro ariko ngo ibyavuzwe haruguru bikwiye kwitabwaho kugira ngo amahoro arusheho kuba asesuye.

Umunsi mpuzamahanga wahariwe amahoro ni ngarukamwaka.

Mu mwaka wa 2024 u Rwanda rwahisemo insanganyamatsiko igira iti: “ Indangaciro na Kirazira by’Umuco nyarwanda mu kwimakaza amahoro”.

Mu Rwanda wateguwe ku bufatanye bwa Minisiteri y’ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, AEGIS Trust, International Alert ndetse n’ikigo InterPeace cyateye inkunga imitegurire y’uyu munsi ku rwego rw’u Rwanda.

TAGGED:AmahoroBizimanafeaturedNzahabwanayoUmucoUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Banki Ya Kigali Na Suède Mu Guteza Imbere Imishinga Mito
Next Article Gen Muganga Yasabye Abasirikare Bashya Gushyira Mu Bikorwa Ibyo Bize
1 Comment
  • Isma says:
    21 September 2024 at 3:55 pm

    Mwakoze bwana minister kandi ibyo muvuga nibyo ariko twizera ko buhoro buhoro leta ifatanije n’abaturage bizagenda bishira ibyo kumva bamwe babana nabo baturutse hamwe cg biganye cg babanye bitwaza ko aribyo byatuma babaho ntawundi ubivanzemo
    Ibyo mu Rwanda bigomba gucika rwose twese turi bene kanyarwanda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?