Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Abibwira Ko Ubuyobozi Butangirana Nabo Bukarangirana Nabo- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Hari Abibwira Ko Ubuyobozi Butangirana Nabo Bukarangirana Nabo- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 April 2024 10:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame avuga ko abayobozi batagomba kumva ko ari bo ntangiriro bakaba n’iherezo ry’ibintu byose bibera mu bihugu byabo.

Abo bayobozi bumva ko iyo bamerewe neza n’abandi biba ari uko.

Icyakora Kagame avuga ko ibyo atari byo kuko ngo, nk’uko bizwi, ni ngombwa ko abayobozi bazamura urwego rw’imibereho y’abo bayobora, nabo bakabaho neza, bakagera ku rwego rw’imibereho ibereye buri wese utuye ibihugu bibayeho neza.

Kagame kandi avuga ko igihe kigeze ngo isi ireke gukomeza guha umwanya abayobozi bakora ibitandukanye n’ibyo bavuga.

Yemeza ko abantu bagomba gushaka uko bahuza ibyo bavuga n’ibyo bakora kugira ngo impinduka nziza zigere ku baturage kuko ari nabo, nk’uko Perezida Kagame abivuga, bashyiraho abayobozi kugira ngo babagirire akamaro.

Ikindi avuga ni uko abantu bakwiye kwigira ku makosa yakozwe n’abababanjirije, bakirinda ko yasubirwamo.

Ati: “ Hari ibintu bidakwiye bikorwa ku isi tugomba kwirinda abantu ntibakore amakosa yakozwe n’abababanjirije kandi nk’abayobozi ntiducibwe intege n’ibiri ku isi ahubwo tugaharanira ko ibihugu byacu bizamuka, ababituye bakabaho ku rwego rwiza buri wese yifuza”.

Perezida Kagame yabwiye abitabiriye ihuriro ryiswe Amujae High Level Leadership Forum ko umuyobozi mwiza ari ukora ku buryo abaturage bagubwa neza, bagakora akazi bashinzwe nta mususu kandi buri wese agaharanira ineza y’igihugu cye.

Amujae High Level Leadership Forum ni inama ihuza abagore babaye indashyikirwa mu buyobozi baturuka mu bihugu 19 by’Afurika.

Iri huriro rigizwe n’abanyamuryango b’Imena 42, abayitabira bakaba baganira ku ngingo zitandukanye zirimo imikoranire inoze mu guteza imbere amahame y’ubuyobozi no kungurana inama z’uburyo abagore bahangana n’ibibazo biri ku isi muri iki gihe.

Ryatangijwe na  Ellen Johnson Sirleaf wahoze uyobora Liberia mbere y’uko asimburwa na George Weah.

TAGGED:AbagoreAbaturageAbayobozifeaturedInamaKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Banki Y’Isi Ikomeje Gushima Uko Ubukungu Bw’u Rwanda Buhagaze
Next Article Noteri W’Umurenge Wa Remera Yishwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?