Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Impungenge Ko Netanyahu Nava Ku Butegetsi ‘Hazameneka Amaraso’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Hari Impungenge Ko Netanyahu Nava Ku Butegetsi ‘Hazameneka Amaraso’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 June 2021 8:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Izi  mpungenge zigarutsweho na Bwana Nadav Argaman uyobora urwego rw’ubutasi bw’imbere muri Israel rwitwa Shin Bet nyuma yo gusuzuma uko ibintu bimeze muri iki gihe habura igihe gito ngo Benyamin Netanyahu abe yatsindwa ave ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe amazeho imyaka 12.

Shin Bet ivuga ko iyo urebye imbwirwaruhame Minisitiri w’Intebe Benyamin Netanyahu amaze iminsi ageza ku baturage no ku bandi banyapolitiki, hari impungenge ko abayoboke be bashobora kutazemera ko yava ku butegetsi, bakaba bakwigaragambya cyangwa bakihimura kubo badahuje imyumvire ya Politiki, amaraso akameneka.

Kuri Bwana Nadav Argaman, uko ibintu byifashe muri Israel muri iki gihe ni ibyo kwitondera.

Muri iki gihe Bwana Netanyahu ahanganye n’abandi banyapolitiki kandi abasesengura ibiri kubera muri Israel bemeza ko Netanyahu igihe cye cyo kuva mu ntebe ya Minisitiri w’Intebe wa Israel kiri hafi kuko abo bahanganye bamaze kumuganza.

Bwana Nadav Argaman

Biravugwa ko ashobora kuzasimburwa na Bwana Naftali Bennett.

Uyu mugabo ni umwe mu banyapolitiki bakomeye Israel yagize mu myaka mike ishize.

Yayoboye Minisiteri zirimo iy’ubukungu, iy’uburezi, iy’imibereho y’Abayahudi baba muri Diaspora na Minisiteri y’ingabo.

Niwe uhabwa amahirwe yo kuzaba Minisitiri w’Intebe mu bo bihuje kugira ngo bazahangane na Netanyahu, abo bakaba barimo abandi banyapolitiki nka Yair Lapid, Gidon Saar, Avigdor Lieberman, Nitzan Horowitz, Benny Gantz, Mansour Abbas, Merav Michaeli.

Mansour Abbas ayobora ishyaka ry’abaturage ba Israel b’Abarabu.

Netanyahu mu mpera z’Icyumweru gishize aherutse kuvuga ko hashize igihe afite amakuru y’abantu bashaka kumwica n’umuryango we ariko ngo yirinze kubivugira mu itangazamakuru.

Netanyahu ashinja Bennett gushaka kwifashisha ishyaka ry’Abarabu bo muri Israel ku nyungu ze.

Uko bimeze kose, Bennett n’abo bishyize hamwe nibakomeza kunga ubumwe kugeza ubwo Inteko ishinga amategeko ya Israel izateranira kugira ngo yemeze Guverinoma yabo, icyo gihe Netanyahu azaba atakaje akazi.

Netanyahu ariko ntiyicaye ubusa kuko ari gukora uko ashoboye ngo azatinze amatora y’abagize iriya Nteko kandi ngo hari Abadepite bake yizeye ko bazaca intege abagize ihuriro rya Naftali Bennett, ntibatsinde.

Netanyahu naramuka ashoboye kuburizamo amatora mu Nteko ishinga amategeko, icyo gihe bizaba ngombwa ko abaturage baba ari bo batora, kuko mu Nteko bizaba byananiranye.

Daily Mail ivuga ko umuvuno wa Netanyahu ari uko azemeza Abadepite bo mu ishyaka ryitwa Yamina Party ko bakwanga ihuriro rya Naftari Bennett kuko yihuje n’Abarabu.

Ngo kwihuza n’Abarabu nta Muyahudi wagombye kubishira amakenga.

Ku rundi ruhande ariko, hari abavuga ko aho Israel igeze muri iki gihe abanyapolitiki bayo bagombye kureba uko bateza ubukungu bwayo imbere, iby’amoko n’andi makimbiranye bakaba babishyize ku ruhande.

Netanyahu natsindwa azahita ajya ku ruhande rw’abatavuga rumwe na Leta.

TAGGED:AmatoraBennettfeaturedIsraelMinisitiriNaftaliNetanyahu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Kudasoma Neza’ Ibyemezo By’Abaminisitiri Byatumye Umucuruzi W’I Remera Ahanwa
Next Article Uganda Yafunze Amashuri Kubera COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?