Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Harifuzwa Ko Ubwoko Bw’Ibicururizwa Ku Isoko Ry’Afurika Bwiyongera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Harifuzwa Ko Ubwoko Bw’Ibicururizwa Ku Isoko Ry’Afurika Bwiyongera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 October 2024 11:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Hermogène Nsengimana, Umunyamabanga Mukuru w’Ikigo Nyafurika Gishinzwe Ubuziranenge (ARSO) yabwiye abari mu nama mpuzamahanga yiga ku mikorere nyayo y’isoko ry’Afurika ko bikwiye ko ibiryoherezwaho byiyongera mu bwoko no mu bwiza.

Avuga ko kongera ubwoko bw’ibicuruzwa byoherezwa kuri ririya soko byafasha mu kuryagura no guha abaturage ba Afurika amahirwe yo kubona aho bagurisha byinshi mu byo bakora cyangwa bejeje.

Bimwe mu by’ibanze u Rwanda rukunze kohereza ku isoko mpuzamahanga ni ikawa, icyayi, imbuto, imboga, amabuye y’agaciro n’ibindi.

Kugira ngo isoko ry’u Rwanda mu mahanga ryaguke, ari ngombwa ko hagezwa n’ibindi bicuruzwa, Dr Nsengimana akavuga ko muri ibyo bicuruzwa hakwiye kujyamo n’imiti.

Yemeza ko hari ubushakashatsi bwakozwe bwerekana ko hari ibicuruzwa bigera kuri 4100 bishobora gutunganywa bigasuzumirwa ubuziranenge hanyuma bikagezwa ku isoko mpuzamahanga.

Yagize ati: “ Tugomba guhindura imyumvire kugira ngo tugire byinshi dushyira ku isoko ry’Afurika, AfCFTA. Muri iki gihe usanga twibanda ku ikawa, icyayi na cacao, ariko ni byiza ko dusesengura tukareba niba nta bindi bicuruzwa byagezwa yo”.

Ku byerekeye ibyo bindi avuga ko bikwiye kujyanwa ku isoko mpuzamahanga harimo  n’imiti akemeza  ko iyo miti yakorewe igenzura basanga yujuje ubuziranenge.

Gusuzuma ubuziranenge bw’imiti ikorerwa muri Afurika no mu Rwanda byatangiye mu mwaka wa 2017 bikozwe n’ikigo Dr. Hermogène Nsengimana abereye Umunyamabanga Mukuru kitwa Ikigo Nyafurika Gishinzwe Ubuziranenge (ARSO).

Mu Rwanda hamaze iminsi habera inama mpuzahamanga yiga ku mikorere inoze y’isoko ry’Afurika yiswe Biashara Afrika 2024.

Ubwo yayitangizaga, Perezida Kagame yavuze ko ari ngombwa ko abayobozi b’ibihugu by’Afurika bagabanya cyangwa bagakuraho imisoro n’izindi nzitizi zibangamira urujya n’uruza hagati y’abacuruzi mu bihugu.

Yavuze ko ibyo byafasha mu kuzamura umusaruro uva muri ubwo bucuruzi ku nyungu z’abaturage ba Afurika aho bava bakagera.

TAGGED:AfurikafeaturedIbicuruzwaImitiIsokoKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Ababeshya Ko u Rwanda Rwabohowe N’Imana -Dr Bizimana
Next Article Abacuruzi Bo Mu Rwanda Barataka Ruswa Ku Isoko Ryo Mu Karere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?