Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Haruna Yasabye Umusifuzi Mpuzamahanga Kutabogama Abitewe N’Indonke
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Haruna Yasabye Umusifuzi Mpuzamahanga Kutabogama Abitewe N’Indonke

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 August 2022 8:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Haruna Niyonzima  usanzwe ari Kapiteni w’Amavubi n’uwa AS Kigali yaraye agiranye ikiganiro n’umusifuzi mpuzamahanga witwa Eric Mugabo gisa n’aho cyarimo no gutongana amusaba kutabogamira ku ikipe yamuhaye indonke.

Mu mukino uheruka wahuje APR FC na AS Kigali kuri Super Coupe.

Muri uyu mukino amakipe yombi yari yanganyije 0-0 mu minota 120.

Icyakora k’umunota wa 90 APR FC yabonye penaliti ku ikosa Haruna Niyonzima yakoreye uwitwa Niyibizi Ramadhan, umusifuzi wa Mbere wo ku ruhande, Mugabo Eric, amanika igitambaro avuga ko ari penaliti.

Ni penaliti ya APR FC yatanzwe nyuma y’umupira Ramadhan yari ahawe na Manishimwe Djabel.

Yatewe na Byiringiro Lague, umunyazamu arayifata.

Haruna Niyonzima amaze kubona ko umusifuzi Eric Mugabo atanze iriya penaliti, yaramwegereye amubwira ko itari penaliti ndetse mu magambo ye [Haruna] yabwiye uyu musifuzi ko bakwiye kujya bareka za ruswa barya bagasifura neza.

Umunyamakuru wa UMUSEKE witwa Sadi yumvise ikiganiro bagiranye.

Haruna yagize ati: “Wasifuye nta kibazo ariko ntabwo ari yo.”

Uyu musifuzi yahise amusubiza ati “Nonese wari uje kubaza iki?”

Haruna nawe ati “Kandi ari njye ukoze umupira. Mujye mureka ibintu bya ruswa. What [….] Men.”

Umusifuzi arongera ati “Nonese wari uje kubaza iki?”

Haruna nawe ati “Mbaza kandi ubizi wowe. Wari uringaniye n’umurongo.”

Mu minsi ishize, Perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, FERWAFA, Nizeyimana Mugabo Olivier, yavuze ko kuba hari abasifuzi bashobora ‘kuba barya ruswa’ atari uko ibyo bagenerwa ngo bajye gusifura ari bike ahubwo ari ‘ubunyangamugayo bwabo buke’.

Nizeyimana Olivier Mugabo yavuze ko mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo, bifiza gukomeza kuzamura ubumenyi bw’abasifuzi kandi bakabibutsa akamaro k’ubunyangamugayo mu kazi kabo.

TAGGED:APR FCAS KigaliFERWAFAHarunaNiyonzimaUmusifuzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida W’u Burundi Na Madamu Bagaragaye Mu Murima Bahinga
Next Article Rubavu: ‘Yatangaga’ Amafaranga Bagahishira Uruhare Rwe Muri Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

You Might Also Like

Imikino

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoIzamamazaMu Rwanda

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Iteramakofe: Mukazayire Yasabye Ikipe Y’u Rwanda Kuzatahana Imidali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?