Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hotel ‘Uruzi Rwa Congo’ Niho Politiki Za DRC Zicurirwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Hotel ‘Uruzi Rwa Congo’ Niho Politiki Za DRC Zicurirwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 January 2022 9:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hirya no hino ku isi usanga ingoro z’Abakuru b’ibihugu ziba ari ahantu hakomeye hahurirwa n’abantu batekerereza igihugu kandi barinzwe cyane. Muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ho si ko bimeze. Byose bitekererezwa muri Hotel yiswe Hotel Fleuve Congo.

Ni Hoteli yubatswe hafi y’Uruzi rwa Congo ruca hafi aho rugakomeza muri Congo-Brazzaville no mu Nyanja ya Atlantic.

Iyi Hoteli yubatswe  mu muturirwa ugeretse inshuro 22. Ni ndende bihagije k’uburyo iyo uri muri etaje ya 22( ya nyuma) uba ureba mu Murwa mukuru Brazzaville (muri Congo-Brazzaville) ureba Umurwa mukuru  Kinshasa hafi ya wose n’ibindi bice by’iki gihugu bituwe n’abakire cyangwa abanyapolitiki bakomeye barimo na Martin Fayulu.

Hahurira abakomeye bakaganira ku migambi ikomeye

Ni hoteli yubashywe k’uburyo ntawe uyijyamo atazwi.

Iyo utari umushoramari ukomeye, ubu uri umunyamakuru wubatse izina.

Iyo ukanze buto(button) ushaka kuzamuka ujya muri etaje ya gatanu ikorerwamo inama n’abayobozi biba bivuze ko uri umunyamakuru uzwi, ufatika, ugiye muri iriya nama kugira ngo aze guha abaturage amakuru.

Kwinjira mu cyuma kizamura kikanamanura abantu ugakanda kuri buto ya 15 biba bivuze ko uri umuhanzi wamamaye cyane uje kuharira amafaranga ye, cyangwa ukaba uri umushoramari ukomeye uje kuganira na bagenzi ahari amahirwe mu ishoramari.

Etaje ya 20 n’iya 21 ni etaje zigenewe ba Minisitiri.

Iya nyuma ari yo ya 22 niyo Umukuru w’Igihugu ahuriramo n’abandi bantu bakomeye aba yifuza kuganira nabo ku ngingo zireba igihugu nyirizina cyangwa umubano wacyo n’amahanga.

Muri iyi etaje ya 22 niho uba witegereza ikirere n’ubutaka bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’ubwa Congo Brazzaville, ukitegereza agace gatuwe n’abaherwe karimo n’inyubako z’Ibiro bitandukanye za Leta kitwa Gombe.

Jeune Afrique ivuga ko iyo uri muri iriya Hoteli  uba ureba aho Joseph Kabila yahoze atuye akiri Umukuru w’igihugu.

Ni ahantu hagari hitaruye kandi higanje ibiti n’indabo byinshi k’uburyo uba ubona ari paradizo.

Ikintu gikomeye kuri iriya hoteli si uko ihenze cyangwa ituriye Uruzi rwa Congo ahubwo ni uko yahindutse ahantu h’ingenzi hahurira abakomeye bakaganira kuri Politiki za kiriya gihugu.

TAGGED:CongoDemukarasifeaturedHoteliKinshasaUruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kutumvisha Bihagije Abamotari Akamaro Ka Mubazi Bikurura Ikibazo
Next Article Abarwanyi Ba ADF Bishe Abantu 10 Barimo Abasirikare Batatu Ba DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?