Hu Jintao Wayoboye u Bushinwa Yasohowe Mu Nama Yaririmo Perezida Xi

Former Chinese president Hu Jintao leaves his seat next to Chinese President Xi Jinping during the closing ceremony of the 20th National Congress of the Communist Party of China, at the Great Hall of the People in Beijing, China October 22, 2022. REUTERS/Tingshu Wang

Mu buryo butunguranye kandi bwarogoye Inama y’abayobozi bakuru mu ishyaka riri k’ubutegetsi mu Bushinwa, Hu Jintao wigeze kuba Perezida w’iki gihugu yasohowe igitaraganya.

Kumusohora byakozwe mu buryo bwatunguye benshi kandi nta bisobanuro byatangajwe y’uko asohotse.

Ikindi ni uko uyu mukambwe w’imyaka79 yari yicaye hafi cyane ya Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping.

Icyakora mbere y’uko asohorwa, Hu yari arimo aganira na Perezida Xi na Visi Perezida w’u Bushinwa Li Keqiang.

- Advertisement -

Ku rundi ruhande ariko ngo hari amakuru avuga ko Hu yigeze kugerageza gufata impapuro Perezida Xi yari afite iruhande rwe.

Ubwo yasohorwaga, yafashe ku rutugu rwa Visi Perezida w’u Bushinwa witwa Li Keqiang.

Hari hashize icyumweru ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa riri gukora inama yaguye yaryo.

Ubwo abanyamakuru bemererwaga kwinjira mu cyumba umuhango wo kuyisoza wari ugiye kuberamo nibyo Hu Jintao yasohowe igitaraganya.

Iyi nama yitabiriwe n’abantu 2,300.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version