Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Huye: Babuzwa Kwenga Urwagwa Mu Bitoki Bitereye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Huye: Babuzwa Kwenga Urwagwa Mu Bitoki Bitereye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 January 2023 8:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahinzi bo mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye bavuga ko abayobozi babo bababujije kwenga kwenga no gutara umutobe ngo bazanywe urwagwa biyengeye. Bategekwa kujyana ibitoki ku isoko rya Cyizi bakagurwa n’i Maraba bakaba ari bo babyenga.

Bavuga ko mu masibo hashyizweho ingenza zimenya uwataze ibitoki, uwenze n’uwahishije urwagwa, ku buryo umuntu agira ngo atangiye gusomaho, abayobozi bagahita bamugeraho bakamujyana.

Acibwa amande nk’uwenze inzoga itemewe.

Umwe muri bariya baturage yabwiye Kigali Today ko afite urutoki rugari ariko akababazwa no kuba mu Murenge batuyemo batemererwa kwenga, ahubwo ngo bategekwa kujyana ibitoki ku isoko rya Cyizi.

Ati:  “Bapfa kumva ko wenze! Nta kundi kwisobanura, abayobozi bahita baza bakagutwara bakajya kugufunga!

Avuga ko ubusanzwe, umuturage atera urutoki ashaka kugaburira abana be cyangwa kuzarweza akenga ibitoki, urwagwa akarugurusha akavuyemo akakikenuza.

Icyakora avuga ko kurweza warangiza urutoki ukarushyira abanya Maraba bakagaburira abana babo imineke, abawe bayishukuriye, bitari bikwiye.

Hari undi musaza uvuga ko ababazwa n’uko atakenga ngo urwagwa arusangire n’abakwe be.

Agira ati “Ni gute waba warihingiye urutoki, umuntu akaguca ku kunywa urwagwa? Abayobozi banywa za byeri cyangwa se za wisiki! Umuturage se witereye urutoki, abuzwa ate kunywa urwagwa rwe?”

Yibaza impamvu babaca ku rwagwa ariko ntibabace ku kigage gikomoka ku masaka bihingiye!

Uyu musaza witwa Gakire yifuza ko habaho ‘gutandukanya abenga ibikwangari n’umuturage ku giti cye witereye insina ze ushaka kwinywera akagwa’.

Mu mvugo isa n’irimo uburakari, yunzemo ati: “Niba binaniranye nibaduhe umuganda urwo rutoki tururandure! Kuko kubona ibitoki byawe birimo biribwa n’inyoni byanekeye mu rutoki ngo niwakuramo icupa ryo kinywa, ntibikwiye!”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko ubundi nta muntu babujije kwenga ngo abe yanywa umutobe cyangwa urwagwa mu rugo iwe.

Icyakora Sebutege avuga ko hari abarenga ku mabwiriza yo kwenga urwagwa rukwiye bakenga ‘ibikwangari.’

Ati “Ikibi ni ubyuririraho agakora inzoga zitemewe, akanazicuruza ku bandi zitujuje ubuziranenge, kandi bishobora no kugira ingaruka ku buzima bw’abantu. Ni yo mpamvu duhuza abafite amasaka n’ibitoki n’inganda zemewe zibagurira umusaruro. Ubihanirwa ni uwo biba byagaragaye ko yakoze ibitemewe.”

Ku rundi ruhande ariko, hari abaturage badakunda urwagwa rwo mu nganda kuko ngo rubica.

Baruhimbye izina ryerekana ubukana bwarwo rya Dundubwonko.

Niyo mpamvu hari abemera bakenga urwagwa bihishe, ari na bo usanga baciwe amande kimwe n’abakora ibikwangari.

TAGGED:AbaturageHuyeIbitokiIminekeSebutegeUmurengeUrwagwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC Yirukanye Abasirikare B’u Rwanda Babaga Muri EAC Force
Next Article Yabeshye Ko Afite Permis Zo Ku Rwego Rwa A, B, C, D Na E Yakuye Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?