Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibice Bimwe By’u Rwanda Bigiye Kugusha Imvura Idasanzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibice Bimwe By’u Rwanda Bigiye Kugusha Imvura Idasanzwe

admin
Last updated: 18 February 2022 4:11 pm
admin
Share
SHARE

Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko mu mezi ya Werurwe, Mata na Gicurasi 2022 hateganyijwe imvura isanzwe mu bice byinshi by’igihugu, ariko hari aho iziyongera nko mu Ntara y’Iburasirazuba, igice kinini cy’Intara y’Amajyaruguru no mu majyepfo y’Intara y’Iburengerazuba.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Gashyantare 2022 nibwo hatangajwe iteganyagihe ry’imvura yitezwe mu gihembwe cy’Itumba 2022.

Meteo Rwanda ivuga ko imvura nke izaba iri hagati ya milimetero 300 na 400. Iteganyijwe mu ntara y’Iburasirazuba mu turere twa Nyagatare, Gatsibo no mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’Akarere ka Kayonza.

Imvura iringaniye izaba iri hagati ya milimetero 400 na 500, iteganyijwe mu Mujyi wa Kigali, mu Ntara y’Iburasirazuba mu turere twa Bugesera, Kirehe, Ngoma, Rwamagana no mu majyepfo y’uburengerazuba bw’Akarere ka Gatsibo. Izagwa kandi no mu majyepfo no mu burengerazuba by’Akarere ka Kayonza.

Iteganyijwe kandi mu Ntara y’Amajyepfo mu turere twa Muhanga, Kamonyi, Ruhango, Nyanza, Huye na Gisagara, no mu burasirazuba bw’uturere twa Nyamagabe na Nyaruguru.

Mu ntara y’Iburengerazuba izagwa mu turere twa Karongi, Ngororero, Rutsiro, igice kinini cy’Akarere ka Rubavu n’agace gato k’amajyaruguru y’akarere ka Nyamasheke.

Ni nayo mvura izagwa mu majyepfo y’uturere twa Gakenke, Rulindo na Gicumbi two mu ntara y’Amajyaruguru.

Ni mu gihe imvura nyinshi izaba iri hagati ya milimetero 500 na 600.

Meteo Rwanda yatangaje ko iyo mvura iteganyijwe mu bice bya Pariki y’Igihugu ya Nyungwe cyane cyane mu burengerazuba bw’uturere twa Nyamagabe na Nyaruguru two mu ntara y’Amajyepfo, mu turere twa Rusizi, Nyamasheke, Nyabihu no mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’Akarere ka Rubavu.

Izagwa kandi mu Ntara y’Amajyaruguru mu turere twa Musanze na Burera no mu majyaruguru y’uturere twa Gicumbi, Rulindo na Gakenke.

Meteo Rwanda ivuga ko muri aya mezi arimo kurangira ya Mutarama na Gashyantare ari igihe kirangwa n’imicyo, kidakunda kubonekamo imvura nyinshi nkuko byagenze mu Urugaryi rwa 2022.

Gusa ngo kuri iyi nshuro yabonetse imvura mu gihugu hose, ndetse iteganyagihe ry’imvura y’Itumba rigaragaza ko izakomeza.

Mu buryo bw’iteganyagihe, ngo imvura y’Itumba rya 2022 yatangiye hagati y’italiki ya 1 n’iya 10 Gashyantare 2022, biteganywa ko izacika hagati ya tariki 21 na 31 Gicurasi 2022.

Naho mu Ntara y’Iburengerazuba, mu majyaruguru y’iburengerazuba no mu majyepfo y’iburengerazuba bw’igihugu hateganyijwe ko imvura izacika nyuma, hagati y’itariki ya 1 na tariki ya 10 Kamena 2022.

Umuyobozi Mukuru wa Meteo Rwanda, Gahigi Aimable, yavuze ko aho imvura iziyongera hashobora kuzaboneka ibiza birimo imyuzure, inkangu, umuyaga mwinshi, urubura, inkuba ndetse n’indwara zituruka ku mvura nyinshi.

Ati “Meteo Rwanda irashishikariza inzego zose, zaba iza Leta, imiryango itari iya Leta n’inzego z’abikorera zifite mu nshingano zazo ubuhinzi, ubuzima, ibikorwaremezo no gukumira ibiza, gufata ingamba zijyanye no guhangana ndetse no gukumira ibiza bituruka ku mvura.”

“Abaturarwanda bose nabo barashishikarizwa kwirinda ingaruka zaterwa n’imvura nyinshi cyane cyane ko ubutaka bwamaze kubika amazi menshi aturuka ku mvura nyinshi yabonetse mu gihe cy’Urugaryi.”

Mu Rwanda haba ibihembwe by’imvura bibiri aribyo ‘Itumba’ rihera muri Werurwe kugeza muri Gicurasi ndetse n”Umuhindo’ utangira muri Nzeri ukageza mu Ukuboza.

Imvura iteganyijwe mu gihe cy’Itumba
TAGGED:featuredImvuraMeteo Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bufaransa Bwahaye u Rwanda Miliyari 30 Frw
Next Article Ikawa N’icyayi Byinjirije U Rwanda Miliyoni Frw 61.19 $ -Minisitiri W’Ubuhinzi Dr Mukeshimana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?