Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibiciro Bya Essence Ku Isi Byazamutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ibiciro Bya Essence Ku Isi Byazamutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 April 2024 12:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Intambara ikomeje gututumba hagati ya Iran na Israel yatumye abacukura essence bagira amakenga y’uko isoko ryayo ryabura batangira kuyibika none yazamuye ibiciro ku isoko mpuzamahanga.

Si essence gusa yazamuye ibiciro ahubwo n’ibiciro bya zahabu ni uko.

Ibihugu bya mbere ku isi bigura zahabu ni Leta zunze ubumwe z’Abarabu n’Ubushinwa.

Ku isoko mpuzamahanga akagungura ka essence kari kugura $88 bikaba bivuze izamuka rya 1.8%.

Zahabu yo yazamutse ubu iri kugura $2,400 ku gipimo cya ounce(ni igipimo fatizo bapimiraho zahabu) kimwe.

Abashoramari bavuga ko kuva Iran yagaba igitero kuri Israel mu mpera z’Icyumweru gishize bakomeje gucungira hafi uko ibiciro bimeze.

Bahangayikiye ko ibintu ku isi bishobora kudogera kubera intambara itutumba hagati ya Yeruzalemu na Teheran.

Ibiciro bya essence mbere byari byazamutse ku kigero cya 3.5%.

Ikibazo giteye inkeke abashoramari ni uko intambara nirota mu buryo bweruye bizatuma essence ibura kandi kugeza ubu niyo ituma ubukungu bw’isi bukora.

Ibura ry’ibikomoka kuri petelori ni ikibazo kimaze imyaka myinshi ndetse cyarushijeho kugira uburemere ubwo Uburusiya bwatangizaga intambara kuri Ukraine.

Zahabu yo ihinduka mu biciro iyo ku isi ibintu bidahagaze neza kubera ko ifatwa nk’ubundi buryo bwo kuzigama amafaranga cyangwa imari mpuzamahanga.

Ikindi kiri gutuma isi igira impungenge z’ejo hazaza ni uko ibibazo biri mu Burasirazuba bwo hagati bishobora gutuma ubwikorezi bwakorerwaga mu muhora wa Hormuz uca hagati ya Yemen na Iran bukomwa mu nkokora.

Ni umuhora ufatiye runini ubwikorezi ku isi kuko 20% by’ibicuruzwa bijya hirya no hino ku isi ari ho bica.

Ikindi ni uko essence ica muri iki gice ivuye muri

Saudi Arabia, Iran, Leta zunze ubumwe z’Abarabu, Kuwait na Iraq ari nyinshi ku buryo haramutse habaye igituma hadakora isi yabizahariramo.

Iran ni igihugu cya karindwi gicukura essence nyinshi ku isi.

Hejuru y’ibi hiyongereye ko amasoko y’imigabane nayo yatangiye kujegera.

Ayajegeye ni ayo mu Bwongereza, mu Buyapani, Hong Kong na Koreya y’Epfo

TAGGED:EssencefeaturedIranIsraelUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Depite Yabajije Min W’Intebe Ikibazo Gitangaje
Next Article Amajyepfo: Ibirombe 43 Bigiye Gukora Mu Buryo Bwemewe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?